Ku wa Kane, tariki ya 4 Gicurasi 2023, Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente yemeje ko hamaze kumenyekana abantu 130 bitabye Imana, ndetse ngo bashobora kwiyongera kuko hari abataraboneka, nk'abatwawe n'imigezi nka Sebeya mu Karere ka Rubavu.
Ubwo yasuraga Akarere ka Rubavu ku wa Kane, Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente, yavuze ko Guverinoma ikomeza kuba hafi y'abaturage, anabagezaho ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame.
Yakomeje ati "Perezida wa Repubulika yantumye ngo mukomeze mwihangane, kandi Leta irabafasha uko ishoboye kose. Turashyingura abigendeye, nta kundi byagenda, ariko nibura abasigaye na bo, Perezida wa Repubulika yantumye ngo mbabwire ko tubaba hafi uko dushoboye, tubashakire imibereho, abakomeretse tubavuze, hanyuma dukomeze ubuzima."
Guverinoma y'u Rwanda yatangaje ko hamwe n'abafatanyabikorwa bayo, barimo kugoboka abibasiwe bashakirwa aho gucumbikirwa, ibiribwa, ibiryamirwa n'ubundi bufasha.
Ibimaze gutangwa kugeza ubu birimo toni 60 z'ibiribwa birimo 30 za kawunga na 30 z'ibishyimbo, n'ibikoresho by'ibanze birimo ibikoresho byo mu gikoni, ibikoresho by'isuku, ibiryamirwa n'ibindi.
Iyi mvura ikomeye yangije umuhanda wa kaburimbo, ku buryo amakamyo manini atwaye ibicuruzwa atemerewe gukoresha uyu muhanda, ubu yose atonze umurongo kuva i Musanze kugeza mu murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu.
Igice cyangiritse cyane ni icyo mu Karere ka Rubavu, iyo uri mu cyerekezo giturutse i Kigali, uba urenze umuhanda ukata ugana mu Karere ka Rutsiro na Karongi.
Aya ni amwe mu mafoto agaragaza ingaruka z'ibiza, ahanini zatewe n'umugezi wa Sebeya wangije byinshi ku Nyundo, mu Karere ka Rubavu.
![]()
Umugezi wa Sebeya waruzuye urenga imbibi zawo, uyoboka mu ngo z'abaturage n'inzu z'ubucuruzi
![]()
Inyubako z'ubucuruzi zangijwe bikomeye n'umugezi wa Sebeya
![]()
Igice kimwe cy'iyi nzu iherereye ku Nyundo mu Karere ka Rubavu cyaragiye
![]()
Ibisate byamanyutse ku nzu z'abaturage ugenda ubibona iruhande rw'umuhanda
![]()
Icyapa kiranga ahari Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyundo nacyo cyatwawe n'amazi
![]()
Iyi mvura yasenye inzu nyinshi z'abaturage, ku buryo iyo ugenda muri Rugerero uhura n'ibice bimwe byazo
![]()
Inzu zimwe zagiye hasigara ibibanza
![]()
Imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa 02 Gicurasi 2023 muri Rubavu yangije byinshi
![]()
Benshi mu bari bafite ibikorwaremezo ku Nyundo ntibarumva neza ibyababayeho
![]()
Iyi mvura yahungabanyije ubuzima bw'abaturage mu buryo budasanzwe
![]()
Umuhanda w'ahagana ku Nyundo wangiritse ku ruhande rumwe, ku buryo ukeneye gusanwa
![]()
Iyi mvura yahiritse amapoto y'amashanyarazi, ku buryo abaturage bari mu kizima
![]()
Uyu yageragezaga kwigizayo amazi akoresheje ibase, ubwo imvura yari ihise
![]()
Umuhanda wa kaburimbo ahagana ku Nyundo wangiritse ku buryo amakamyo manini atemerewe kuwunyuramo
![]()
Iyi kamyo yo mu bwoko bwa HOWO yaranyereye, ihitana inzu yubatswe ku muhanda
![]()
Ibikoresho byo mu ngo zatwawe n'amazi ugenda ubisanga hirya no hino
![]()
Ingo zimwe zitatwawe n'amazi zasigaye ku gasi
![]()
Ibikorwaremezo by'amashanyarazi biri mu byibasiwe
![]()
Umugenda wagenewe gutwara amazi waracukutse, ku buryo hakenewe gusanwa
![]()
Umugezi wa Sebeya waruzuye, ugera aho urenga imbibi zawo ushoka mu baturage
![]()
Ibisenge byinshi biryamye hasi, ntiwamenya ko byari bisakaye inzu
![]()
Iyi nzu yaguye hasi yose, n'isakaro ihinduka ishingwe
![]()
Sebeya yari yarubakiwe uruzitiro, ariko iza kurusenya, yishakira izindi nzira
![]()
Umugezi wa Sebeya waruzuye urenga imbibi zawo, uyoboka mu ngo z'abaturage n'inzu z'ubucuruzi
![]()
Inzu nyinshi z'abaturage muri Rugerero, cyane cyane izegereye kaburimbo ijya i Rubavu, zaraguye
![]()
Mu bihe by'imvura, Sebeya iba yuzuye cyane kubera isuri ituruka mu misozi miremire yo mu ishyamba rya Gishwati
![]()
Ibirago byakoreshwaga mu ngo byatwawe n'amazi
![]()
Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente hamwe n'Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, DCG Felix Namuhoranye, bifatanyije n'abaturage ba Rugerero mu gushyingura abantu 13 bishwe n'ibiza. Inyuma yabo hari Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura
![]()
Aha ni ku mudugudu w'icyitegererezo wa Kazirankara, aho Minisitiri w'Intebe yagombaga guhurira n'abaturage ariko imvura ntiyoroha, bituma agenda abasanga aho bugamye akabaganiriza.
![]()
Ibiro by'Umurenge wa Shyira mu Karere ka Nyabiho nabyo byagezweho n'ibiza
![]()
Mu Murenge wa Rugerero ku wa Kane hashyinguwe imiryango 13 yishwe n'ibiza
![]()
Abaturage inzu zabo zahirimye bahungishirijwe ku rusengero rw'Abadive muri Rugerero
![]()
Kwiyakira byari byanze nyuma y'uko umwana we yishwe n'ibiza, undi akaburirwa irengero
![]()
abaturage
![]()
Minisitiri w'Intebe, Dr Ngirente Edouard, yashenguwe n'ibyo yabonye i Rubavu
![]()
Abaturage 13 bo mu Murenge wa Rugerero bahitanywe n'ibiza mu Karere ka Rubavu bashyinguwe
![]()
Agahinda kari kose mu gushyingura umugore we wishwe na Sebeya, akamusigira uruhinja rw'amezi atandatu
![]()
Imiryango myinshi yacitsemo igikuba kubera ibiza
![]()
namuhoranye
![]()
Inzego z'umutekano zatabaye abaturage bahekuwe n'ibiza
![]()
Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente ashyira indabo ku mva y'uwishwe n'ibiza
![]()
Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, yatangaga umurongo w'uko abaturage bitwara muri ibi bihe bikomeye
![]()
Agahinda ni kose ku baturage babuze ababo bakundaga
![]()
Agahinda ni kose ku baturage babuze ababo bakundaga
![]()
Abaturage basabwe kuva mu nzu zangiritse cyane
![]()
Abaturage bavuye mu byabo bakomeje kwakirwa, harebwa ubufasha bwihutirwa buri wese akeneye
![]()
Abasizwe iheruheru bateguriwe ibiryamirwa, ngo babone aho begeka umusaya by'igihe gito
![]()
Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yahumurije abaturage bagizweho ingaruka n'ibiza
![]()
Aba baturage bahawe ibiryamirwa by'ibanze
Amafoto: Irakiza Yuhi Augustin
Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-mafoto-80-ingaruka-z-ibiza-byashegeshe-intara-y-iburengerazuba