Nijeriya: Amashyaka ane mu rugamba rwo kurwanya intsinzi ya Perezida Tinubu #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Amashya atavuga rumwe n'ubutegetsi muri Nijeriya yagejeje ikirego cyayo mu nkiko kirwanya ibyavuye mu matora byasize Perezida Bola Tinubu yegukanye instinzi mu matora yo kuya 25 gashyantare 2023.

Ishyaka (PDP) cyangwa The People's Democratic Party mu magambo arambuye y'icyongereza, riyobowe na Atiku Abubakar, , Labour Party ya Peter Obi na Action Alliance ya Solomon Okangbuan ndetse na Allied People's Movement rya Chichi Ojei niyo yatanze ikirego mbere y'uko itariki yo kwemeza burundu Perezida igera.

Abayobozi babiri bayoboye amashyaka yambere atavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Nijeriya barimo Mr Abubakar na Mr Obi basabye urukiko gutangaza ko Perezida Tinubu atatowe n'abanya Nijeriya kubwiganze.

Mr Obi alleged rigging in 11 states including Rivers, Lagos, Taraba, Benue, Adamawa, Imo, Bauchi, Borno, Kaduna and Plateau.

Obi avuga ko habaye kwiba amajwi kuri site z'itora 11 zirimo ahitwa Rivers, Lagos, Taraba, Benue, Adamawa, Imo, Bauchi, Borno, Kaduna na Plateau.

Mr Abubakar na Mr Obi kuribo barifuza ko urukiko rw'ikirenga muri Nijeriya rutesha agaciro byihuse instinzi ya Perezida Tinubu maze amatora akongera kuba bundi bushya.

BBC



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/politiki/article/nijeriya-amashyaka-ane-mu-rugamba-rwo-kurwanya-instinzi-ya-perezida-tinubu

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)