Perezida Tshisekedi yiyemeje gufungira u Rwanda amayira #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Perezida Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo yafashe umwanzuro wo gufungira u Rwanda amayira mu nama y'umutekano yayoboye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisitiri w'Itumanaho akaba n'Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya Katembwe, yatangaje ko inama y'umutekano yayobowe n'umukuru w'igihugu bafatiyemo imyanzuro itandukanye irimo gufungira inzira igihugu cy'u Rwanda.

Ati ' Perezida wa Repubulika yamenyesheje Inama y'Abaminisitiri ko yayoboye inama y'inzego z'umutekano yiga ku bibazo by'umutekano by'umwihariko mu gace ka Kitshanga no mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru; yizeza abaturage cyane abo muri Kivu y'Amajyaruguru, ko ingamba zose zafashwe mu gufungira amayira u Rwanda na M23.'

Iyi nama yatumijwe nyuma y'uko inyeshyamba za M23 zifashe umujyi muto wa Kitshanga,na nyuma y'uko indege y'igisirikare cya Congo yinjiriye mu Rwanda, ku nshuro ya gatatu bikaba ngombwa ko iraswaho.

Ntabwo iryo tangazo risobanura neza uburyo u Rwanda rugiye gufungirwa inzira, gusa usesenguye neza byumvikanisha n'ubundi umurongo RDC imaze igihe yarafashe, ko u Rwanda ruvogera ubusugire bwayo.

Iyi nama ibaye nyuma y'iminsi ibiri Ingabo za M23 zigaruriye agace ka Kitshanga mu mirwano ikomeye yayihuje n'ingabo za Leta.

Igisirikare cya Congo cyatangaje ko kuva mu gace ka Kitshanga ari amayeri y'urugamba yo kubona uko bakwivuna M23.

Mbere yo gufata Kitshanga, M23 yari yafashe utundi duce dutandukanye turimo imihanda ihinguka i Goma, bivuze ko ubu ariyo iri kugenzura inzira zo mu merekezo ya Goma-Masisi.

Mu magambo yumvikanye ubwo bafataga Kitshanga izi nyeshyamba zavugaga ko zigiye guhagrika Jenoside iri gukorerwa bene wabo bari I Masisi Lita n'ingabo zayo bahagarikiye abo bicanyi.



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/perezida-tshisekedi-yiyemeje-gufungira-u-rwanda-amayira

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)