Mukansanga Salima ari ku rutonde rw'abazita abana b'ingagi amazina #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umusifuzi Mukansanga Salima ari ku rutonde rw'abazita amazina ku bana b'ingagi mu muhango wo Kwita Izina uzaba muri iki cyumweru mu Rwanda.

Mukansanaga amaze kubaka izina mu gusifura umupira w'amaguru.Aherutse gusifura umukino wa nyuma w'igikombe cya Afurika cy'abagore bikaba binateganyijwe ko azasifura n'Igikombe cy'Isi mu bagabo, kizabera muri Qatar mu Ugushyingo 2022.

Yatoranyijwe mu basifuzi 36 bazaba basifura hagati, aho abandi bagore batoranyijwe ari Stéphanie Frappart wo mu Bufaransa, Yoshimi Yamashita wo mu Buyapani n'abandi.

Mukansanga Salima Rhadia kandi aherutse kugirwa Ambasaderi w'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku bana [Unicef Rwanda] mu kuvugira abana.

Umuhango wo Kwita izina abana b'ingagi 20 bavutse uteganyijwe kuwa 2 Nzeri 2022.

Urutonde rw'abazita aba bana b'ingagi 20 bavutse muri uyu mwaka rwatangiye gushyirwa hanze kuri iki Cyumweru tariki 28 Kanama 2022.



Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/mukansanga-salima-ari-ku-rutonde-rw-abazita-abana-b-ingagi-amazina

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)