M23 yarashe indege ya FARDC yari ibagabyeho igitero #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umutwe wa M23 wavuze ko warashe indege y'igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yari igabye igitero ku birindiro byayo bya Kabindi na Tchengerero muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.

Mu itangazo ry'Umumuvugizi wa M23, Majoro Willy Ngoma, avuga ko iyi ndege yo mu bwoko bwa Kajugujugu yahanuwe hifashishjiwe imbunda yabo kabuhariwe yo mu bwoko bwa RPG7.

Yagize ati'Muri uyu mugoroba ahagana saa Cyenda n'igice(15H30),ingabo zacu zifashishije imbunda ya RPG7 zishwanyuje ingege y'Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo FARDC yari igabye igitero ku birindiro byacu bya Kabindi na Tchengerero'

Major Willy Ngoma akomeza avuga ko iki gikorwa gikwiye kubera FARDC n'abafatanyabikorwa bayo nka FDLR na Mai Mai isomo ko uyu mutwe witeguye kwirinda umwanzi wawo aho yaba aturutse hose.

Umutwe wa M23 umaze iminsi ugenzura agace ka Bunagana kari hafi y'umupaka wa Congo na Uganda. Uyu mutwe watangiye kubura ibitero nyuma yo gushing Leta ya Congo kudashyira mu bikorwa amasezerano basinye mu 2013.



Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/m23-yarashe-indege-ya-fardc-yari-ibagabyeho-igitero

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)