Indirimbo Buga ya Kizz Daniel na Tekno uteg... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Hagendewe ku bipimo biheruka kwegeranywa kuburyo indirimbo ziri gucurangwa kuri radiyo, kurebwa kuri televiziyo, gucuruzwa ku mbuga zicururizwaho umuziki 'Buga iracyayoboye. Iyi ndirimbo  ikaba yarageze hanze kuwa 04 Gicurasi 2022, bivuze ko kuva yajya hanze ntayirayihiga mu gihugu cya Nigeria.

Iyi ndirimbo ikaba yihariye 1.5% byo gucuruzwa cyane muri 50 zihiga izindi bingana na miliyoni 6.52, naho kuri radio ikagira miliyoni 49.9 bingana na 16.7%, uretse ko kuri radiyo atariyo iyoboye iri ku mwanya wa 5.

Mu bipimo kandi byegeranijwe kuva umwaka wa 2022 watangira mu ndirimbo zumviswe zikanacuruza cyane ku butaka bwa Nigeria, iri ku mwanya wa gatatu kuri radiyo gukinwa, no kumvwa ku mwanya wa 38 ibi bishyira ku mwanya wa 10 muzaciye ibintu kuva umwaka watangira muri Nigeria.

Yaciye kandi agahigo mu ndirimbo zose ko kumara ibyumweru bitandatu ntayindi ikoraho muzikomeje kwiharira imitima ya benshi, hashingiwe ku mibare y'ibifatika mu ikoranabuhanga igakurikirwa na 'Kwatu The Traveller' ya Black Sheriff kimwe na 'Baddest Boy' ya Skiibii na Davido zamazeho ibyumweru 5. 

Tekno utegerejwe i Kigali mu gitaramo cya Choplife 

Kizz Daniel uri mu bahanzi bahagaze neza muri Nigeria

KANDA HANO UREBE UNUMVE 'BUGA' YA KIZZ DANIEL NA TEKNO

">





Source : https://inyarwanda.com/inkuru/118334/indirimbo-buga-ya-kizz-daniel-na-tekno-utegerejwe-i-kigali-yaciye-agahigo-muri-nigeria-118334.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)