U Rwanda rugiye gufungura Ikigo cy'Igihugu cyo gutunganya intanga z'amatungo - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iki Kigo kizaba gifite ibipimo biri ku rwego mpuzamahanga, aho byitezwe ko kizuzura gitwaye miliyari 1.3 Frw mu cyiciro cya mbere cy'uyu mushinga.

Ni Ikigo kitezweho gutunganya intanga ziva ku mpfizi nziza zabugenewe z'amoko atandukanye, aho zizifashishwa muri gahunda ya Leta y'u Rwanda yo kuvugurura icyororo hagamijwe kongera umukamo n'umusaruro w'ibikomoka ku nka muri rusange.

Iyi gahunda igamije gutuma u Rwanda ruba Igihugu kihagize mu biribwa bishobora kubyara inyungu.

Uyu munsi, Ministiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi @g_mukeshimana yasuye ahari kubakwa Ikigo cy'igihugu cyo gutunganya intanga z'amatungo(National Artificial Insemination Centre) kiri kubakwa muri Sitasiyo ya RAB ya Songa mu karere ka Huye. pic.twitter.com/Tr45fbbCgx

â€" Ministry of Agriculture & Animal Resources |Rwanda (@RwandaAgri) March 18, 2022

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr. Gerardine Mukeshimana, yeretswe aho imirimo yo kubaka iki kigo igeze
JPEG - 514.1 kbJPEG - 514.1 kb
U Rwanda ruri kubaka Ikigo cy'Igihugu gitunganya intanga z'amatungo



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rugiye-gufungura-ikigo-cy-igihugu-cyo-gutunganya-intanga-z-amatungo

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)