Maroc yasubije CAF ku kibazo cya APR FC na RS Berkane #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Maroc, ryamaze gusubiza impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru muri Afurika 'CAF' ko nta kibazo umukino wa APR FC na RS Berkane uzabera muri iki gihugu kuko ibyemezo byafashwe na leta bitareba umupira w'amaguru.

Ku Cyumweru gishize nibwo Leta ya Maroc yatangaje ko bitewe n'ubwandu bushya bwa Coronavirus, bahagaritse ingendo zose zo mu ndege zinjira muri iki gihugu.

Ibi byabaye nyuma y'uko APR FC yagombaga kwerekeza muri Maroc gukina umukino wo kwishyura w'ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup na RS Berkane uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 5 Ukuboza 2021, umukino ubanza wabereye mu Rwanda tariki ya 28 Ugushyingo 2021 aho amakipe yombi yanganyije 0-0.

CAF yahise yandikira Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Maroc bababaza uburyo iki kibazo kizakemuka.

Iri rishyirahamwe ryamaze gusubiza CAF ko umukino uzaba kuko ibyemezo byafashwe bitareba amakipe y'umupira.

Mu ibaruwa bandikiye CAF hari aho bagize bati 'dusubiye ku mabwiriza yashyizweho na leta agomba kubahirizwa guhera ku wa Mbere tariki 29 Ugushyingo 2021 saa 23h59', ingendo zose ziza muri Maroc zarasubitswe, twagira ngo tubamenyeshe ko ibi nta ngaruka bizagira kuri delegasiyo y'umupira w'amaguru.'

Bakomeje batanga urugero ko nabo bateguye n'umukino w'abatarengeje imyaka 20 mu bakobwa bazakina na Gambie kandi uwo mukino ukaba ugomba kuba.

Ubuyobozi bwa APR FC ku munsi w'ejo hashize bwatangaje ko butegereje igisubizo kizava muri Maroc kugira bamenye igihe bazategurira urugendo rwabo.

Umukino wa APR FC na RS Berkane uzabera muri Maroc



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/maroc-yasubije-caf-ku-kibazo-cya-apr-fc-na-rs-berkane

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)