Kigali: Indaya yacucuye umusore ariyahura,dore uko byagenze. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umusore w'imyaka 25 utuye mu mudugudu wa Nyenyeri mu murenge wa kigarama mu karere ka Kicukiro ,yiyahuye kubera indaya yari imaze kumwiba amafaranga ibihumbi icumi.

Uyu musore ngo iyo ndaya bari kumwe nayo yaje kumutwara amafaranga ibihumbi icumi kubyakira byamunanira ahitamo kwinaga muri Ruhurura ahita apfa.

Abamubonye ashaka kwiyahura babwiye BTN ko uyu musore yari yasinze ,akaza no kwibwa amafaranga agahitamo kwiyahura. Abandi baturage bari aho ibyo byabereye bakomeje kuvuga ko uwo musore yavugaga ko abakobwa bari kumwe bamwibye amafaranga ibihumbi 10.

Uyu musore bivugwa ko yacuruzaga ubunyobwa yiyahuye inshuro ebyiri kugirango apfe kubera amafaranga ye.Abatutage bakaba batangaje ko abantu barimo kwiyahura ahubwo kubera ubukene.



Source : https://yegob.rw/kigali-indaya-yacucuye-umusore-ariyahuradore-uko-byagenze/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)