Igitego cya Manishimwe Djabel cyafashije APR FC kugwa miswi y'igitego kimwe kuri kimwe na Etoile Sportive du Sahel mu mukino w'ijonjora rya CAF Champions League 2021-2021
APR FC yari yakiriye Etoile Sportive du Sahel mu mukino ubanza w'ijonjora rya nyuma rya CAF Champions League, ni umukino wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo.
Hakiri kare ku munota wa 3, Etoile Sportive du Sahel yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Tayeb Meziane ku mupira Omborenga yari akuyeho n'umutwe ariko ntujye aho yashakaga.
APR FC yakomeje gushaka uko yishyura iki gitego, ndetse wabonaga irusha Etoile du Saleh.
Ku munota wa 39 Manishimwe Djabel yagerageje ishoti ariko umunyezamu arawufata.
Ku munota wa 41, Djabel yazamukanye umupira acomekera Jacques Tuyisenge na we ahita amusubiza, Djabel yahise atera adahagaritse umupira uruhukira mu rushundura. Igice cya mbere cyarangiye ari 1-1.
Ku munota wa 55 APR FC yakoze impinduka za mbere havamo Mugisha Gilbert hinjiramo Mugunga Yves.
Ku munota wa 67, Nshuti Innocent yinjiye mu kibuga asimbura Jacques Tuyisenge wagize ikibazo cy'imvune.
Manishimwe Djabel yagerageje ishoti rikomeye ku mupira yari ahawe na Mugunga Yves ku munota wa 68 ariko unyura hejuru y'izamu.
Ishimwe Anicet yasimbuye Bacca ku munota wa 79.
Mugunga Yves yahushije igitego cyari cyabazwe ku munota wa 80, ni nyuma yo kwisanga wenyine ariko barinda bamufatana umupira adateye mu izamu.
Amakipe yombi yagerageje gushaka igitego cy'intsinzi ariko umukino urangira ari 1-1.
Nyuma y'uyu mukino ubanza, bazakina umukino wo kwishyura tariki ya 23 Ukwakira 2021 muri Tanzania. APR FC ikaba isabwa gutsinda kugira ngo igere mu matsinda ya CAF Champions League.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yaguye-miswi-na-etoile-du-sahel