Abanyarwanda barashishikarizwa kwigira ku mateka ya Jenoside yakorewe Abayahudi - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibi byavugiwe mu muhango wo gutangiza igikorwa kizamara icyumweru cyatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Ukwakira 2021, kizatangirwamo amakuru arambuye kuri Jenoside yakorerwe Abayahudi.

Iki gikorwa kizabera ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, cyateguwe na Ambasade ya Suède mu Rwanda ifatanyije n’ Umuryango Mpuzamahanga uharanira amahoro binyuze mu gukumira no kurwanya Jenoside, AEGIS Trust.

Ni igikorwa cyabaye mu gutegura ihuriro mpuzamahanga rya Malmö rizaba kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Ukwakira mu Mujyi wa Stockholm, rigamije kurwanya abapfobya Jenoside y’Abayahudi n’izindi.

Iri huriro rikorwa hagamijwe kwigishwa uburyo Jenoside itegurwa, ikanashyirwa mu bikorwa n’ingaruka zayo n’ibiyikurikira birimo gupfobya no kuyihakana.

Ambasaderi wa Suède mu Rwanda, Johanna Teague, yavuze ko bateguye iki gikorwa kugira ngo hatangwe amasomo ajyanye na Jenoside abantu bakwiye gukuramo isomo ibyabaye ntibizongere.

Yagize ati “Twateguye iki gikorwa ngo abantu baze bige amateka ya Jenoside yakorewe Abayahudi, ibi bikaba bizafasha Abanyarwanda nk’abafite amateka asa ndetse bizatuma abantu baharanira ko nta Jenoside yakongera kubaho.”

Umunyamabanga wa AEGIS Trust, Mutanguha Freddy, yavuze ko iki gikorwa kizafasha Abanyarwanda kwigira kuri Jenoside yakorewe Abayahudi bibafashe kumenya neza iyakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Nubwo mu mashuri yo mu Rwanda bigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abayahudi ariko ikeneye imfasha nyigisho nyinshi kuko imaze imyaka irenga 75.”

“Kubona imfashanyigisho nk’iyi bifasha Abanyarwanda kumva ko Jenoside itegurwa, abenshi bavuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi itateguwe. Iyo urebye uko iy’Abayahudi yateguwe bimeze nk’iy’Abatutsi ibi bifasha kumva neza iki cyaha.”

Yakomeje asaba urubyiruko nk’abayobozi b’ejo hazaza guharanira kumenya amateka ya Jenoside kuko usanga yaratewe na politiki mbi bakwiye kumenya uko byagenze ngo batazabigwamo na bo.

Muri uyu muhango Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adams yatanze ubuhamya bw’uko ababyeyi be barokotse Jenoside yakorewe Abayahudi, avuga ko gutegura iki gikorwa ari byiza ko bituma abatazi amateka bayamenya bakongera imbaraga mu kurwanya icyateza urwango n’ivangura.

Jenoside yakorewe Abayahudi yakozwe n’aba Nazi bari bafite umugambi wo gutsemba burundu Abayahudi, ibi bifitinyane isano n’iyakorewe Abatusti yateguwe hagamije kurimbura abo muri ubwo bwoko.

Ambasaderi wa Suède mu Rwanda, Johanna Teague, yavuze ko bateguye iki gikorwa kugira ngo hatangwe amasomo ajyanye na Jenoside abantu bakwiye gukuramo isomo ibyabaye ntibizongere
Iki gikorwa cyitabiriwe n'abantu batandukanye
Umunyamabanga wa AEGIS Trust, Mutanguha Freddy, yavuze ko iki gikorwa kizafasha Abanyarwanda kwigira kuri Jenoside yakorewe Abayahudi bibafashe kumenya neza iya korewe Abatutsi



source : https://ift.tt/2YD75i0
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)