Safari Nyubaha wanize Dasso ubushinjacyaha... - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Flash FM yatangaje ko ubushinjacyaha bwo mu Rukiko rw'Ibanze rwa Nyagatare, bwasabiye umuturage witwa Safari George 'Nyubaha', wagaragaye mu mashusho arwana na Dasso akayinigira hasi, gufungwa iminsi 30 y'agateganyo.


Uyu Safari akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no kubangamira inzego za Leta.  Ibi bije nyuma y'aho mu minsi ishize, unyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Musenyi, Twahirwa Gabriel, wafashe amashusho na DASSO warwanye n'umworozi Safari George, bahagaritswe mu kazi.


Flash FM yabitangaje

Ku wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, nibwo aba bombi bamenyeshejwe ibyemezo bafatiwe, ko bahagaritswe kubera gukoresha imbaraga zitari zikenewe, mu gushyira mu bikorwa ibyemezo bya Leta. Kigalitoday.com cyagarutse kuri iyi nkuru yaganiye n'umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko umuyobozi uri mu nshingano akwiye kubikora kinyamwuga, kandi bidakwiye ko ajya mu kibazo akacyitwaramo uko abonye.


Safari ubwo yari mu rukiko rw'ibanze rwa Nyagatare

Nyuma yaho, Urwego rw'Ubugenzacyaha RIB nibwo bwaje guta muri yombi Safari, ubu urubanza aregwamo rukaba ruri kuburanishirizwa mu Rukiko rw'Ibanze rwa Nyagatare nk'uko twigeze kubigarukaho, Ubushinjacyaha bukaba bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y'agateganyo. Intandaro y'ibi byose ni uko Safari yari yaragiye ahatemewe, birangira arwanye na Dasso wari uje gukurikirana iki kibazo.




Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109275/safari-nyubaha-wanize-dasso-ubushinjacyaha-bwamusabiye-gufungwa-iminsi-30-yagateganyo-109275.html

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)