Myugariro w'umunyarwanda wakiniraga ikipe ya KCCA muri Uganda, Kato Samuel yemeje ko umwaka utaha w'imikino ashobora kuwukina mu Rwanda, ni mu gihe ngo nta biganiro yigeze agirana na Rayon Sports nk'uko byavugwga, APR FC niyo ihabwa amahirwe yo kumwegukana.
Ku munsi w'ejo nibwo uyu musore wahamagawe mu ikipe y'igihugu Amavubi ariko ntabashe kwitabira ubutumire, yatangaje ko yamaze gutandukana na KCCA yari amazemo imyaka 2.
Mu kiganiro kigufi yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Kato Samuel yavuze ko ashobora kuza gukina mu Rwanda mu mwaka utaha w'imikino.
Ati 'KCCA twatandukanye, ubu ndi umukinnyi udafite ikipe. Ndatekereza nsobora gukina mu Rwanda.'
Hari amakuru yari yavuzwe ko ashobora kwerekeza muri Rayon Sports, yasubije muri aya magambo, ati 'nta muntu n'umwe wigeze umvugisha avuye muri iyo kipe.'
Uyu mukinnyi ukina mu mutima w'ubwugarizi kandi yavuze ko nta biganiro birabaho hagati ye na APR FC, ariko amakuru avuga ko iyi kipe nyuma yo gutakaza Manzi Thierry na Mutsinzi Ange Jimmy, abakinnyi bazanye basanze batabasimbura, ku buryo uyu mukinnyi ashobora kuza kuziba icyuho cyabo.