Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Nzeri 2021, Inama y'abaminisitiri mu Rwanda yateranye yemeje ifungurwa ry'utubari mu byiciro nyuma y'umwaka umwe n'igice dufunze, biragagara ko benshi bishimiye uyu mwanzuro.
Benshi barimo gutanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga , bari kugaragaza ko bishimiye uyu mwanzure reba ibitekerezo bya bamwe:
Ku gufungura utubari, umwe yanditse kuri Twitter ati: 'Ahwe mbega ngo inkuru nziza yataha mu Rwanda! ati 'utubari tuzafungura' yewewe'
Uwitwa Buki yanditse ati: 'Ahuii noneho tugiye kuzajya tunywa nta kwikanga ngo police iratugwa hejuru! Murakoze Bayobozi'
Undi ati: 'Nonese abasa (urungano) ntakuntu iyi myanzuro twayinywera?'
Aimée Jeanne Mukakamanzi ufite akabari i Gikondo mu mujyi wa Kigali avuga ko yari yaragahinduye restaurant ariko 'ntibyagendaga nka mbere ya Corona'.
Yabwiye BBC ati: 'Uyu mwanzuro niyo nkuru nziza numvise muri uyu mwaka. Nizeye ko tugiye kongera kubona imibereho.'
Abantu babarirwa mu bihumbi bahanwe na polisi barafungwa cyangwa bacibwa amande, bashinjwa kunywa inzoga mu tubari dukora rwihishwa.