Inkuru nziza ku bashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga mu Rwanda – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abashaka gukora ibizamini byo gutwara ibinyabiziga mu Rwanda bashyizwe igorora. Urubuga Irembo rwifashishwq mu kwiyandikisha ku banyeshuri bashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga rwatangaje ko ku bufatanye na Polisi y'U Rwanda rwavuguruye serivisi ijyanye no gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga aho buri gihe iyi serivisi izajya ihora ifunguye buri gihe. Hazajya haba hariho ingengabihe y'igihe ibizamini bizabera kugirango buri munyeshuri abashe kwiyandikisha igihe ashakiye.

Urubuga Irembo kandi rwaboneyeho umwanya wo kumenyesha abashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga ko kuri ubu byafubguwe guhera uyu munsi tariki ya 04 Nzeri 2021 aho uwiyandikisha azajya ajya ku rubuga rwa Irembo arirwo www.irembo.gov.rw maze  agahitamo serivisi za Polisi nuko agahitamo ahanditse kwiyandikisha gukora ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga agakurikiza amabwiriza.



Source : https://yegob.rw/inkuru-nziza-ku-bashaka-gukorera-impushya-zo-gutwara-ibinyabiziga-mu-rwanda/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)