Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, Amavubi yatunguye impanga zaje kuyakinira, Joy-Lance Mickles na Joy-Slayd Mickles babifuriza isabukuru nziza y'amavuko.
Byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2026 ubwo bari basoje imyitozo bamaze gufata amafunguro ya nimugoroba.
Aba bakinnyi batunguwe no kubona kapiteni Djihad Bizimana azanye cake ndetse akaba yari aherekejwe n'abarimo perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice.
Aba bakinnyi bombi bizihiza isabukuru buri tariki ya 29 Werurwe, bakaba kuri iyi nshuro bujuje imyaka 32.
Aba bakinnyi bombi bakaba bagaragaje ko bishimiye bikomeye iki gikorwa bakorewe, bibongerera kwisanga mu Mavubi aho bari mu muryango mushya bungutse.
Ni ku mshuro ya mbere baje gukinira u Rwanda, bakaba barishimiwe bikomeye ku mukino wabo wa mbere aho bazanye na murumuna wabo, Leroy-Jacques Mickles we wanamaze gutsindira Amavubi igitego cya mbere ku mukino banyagiyemo Grenada.
Uyu munsi bakaba bari bugaruke mu kibuga mu mukino wa nyuma wa FIFA Series irimo kubera mu Rwanda aho bari bube buhatanira igikombe na Estonia yasezereye Kenya.
Source : http://isimbi.rw/amavubi-yatunguye-impanga-amafoto.html