Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Umuco, Hon. Bamporiki Edouard ni umwe mu bari bagiye gusezeraho bwa nyuma umuraperi Jay Polly witabye Imana, yavuze ko yari umugabo w'inganzo itanga ibyishimo ndetse amusaba gukomeza kwishima aho ari hose kuko inshingano yari ashinzwe ku Isi yazikoze neza.
Uyu muhango wabaye ku munsi w'ejo aho yari atuye Kibagabaga, witabiriwe n'abahanzi bagenzi be, aho bamwe no kwihangana byabananiye bakarira.