Dusabimana Vincent uzwi nka Gasongo mu mukino wa Volleyball, yasezeye mu ikipe y'igihugu nyuma y'imyaka 12 ayikinira.
Uyu mukinnyi yari mu bakinnyi 14 baherutse gukina igikombe cy'Afurika cyabereye mu Rwanda aho rwasoje ku mwanya wa 6.
Nyuma yo gusoza iyi mikino, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yashinmiye Imana yamubashije gukinira ikipe y'igihugu mu myaka 12 n'abantu bose babaye hafi y'ikipe y'igihugu.
Yagize ati '2009-2021 Ndashima IMANA yo yanshoboje gukinira ikipe y'igihugu, ndashimira ubwitange bwa buri umwe, umuryango wanjye, Family UBT (Mbaraga Alexis, Kayiranga Aimabe, Frere Rudasingwa Karemera Camille, Coach Dominique, Fidele na Paulo, Abanyarwanda mwese mwatubaye hafi n'itangazamakuru).'
N'ubwo muri ubu butumwa ntagusezera kurimo, amakuru ISIMBI yamenye ni uko yabwanditse asezera mu ikipe y'igihugu aho agiye gushyira imbaraga mu ikipe ye ya REG, ni ikipe yagiyemo avuye muri Gisagara VC.
Uretse Dusabimana Vincent, andi makuru avuga ko abakinnyi batatu, Yakan Guma Lawrence, Ndamukunda Flavier na Karera Emile Dada nabo bafashe umwanzuro wo gusezera mu ikipe y'igihugu.
2009-2021 Ndashima IMANA yo yanshoboje gukinira ikipe y'igihugu,Ndashimira Sacrifice yaburi umwe,Umuryango wanjye, Family UBT (Mbaraga Alexis,Kayiranga Aimabe,Frere Rudasingwa Karemera Camille,Coach Dominique,Fidele &Paulo,Abanyarwanda mwese mwatubaye hafi &Media.@Radiotv10rwanda pic.twitter.com/8ZAZV3m54w
â" Dus.Vincenzo (@DusVincenzo) September 15, 2021