Mu butumwa RMB yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa 14 Nzeri 2021, yasobanuye ko habayeho guhererekanya ububasha hagati ya Gatare wahawe izindi nshingano na Karitanyi umusimbuye.
Ubutumwa bwakomeje bugira buti “Umuyobozi Mukuru mushya yasezeranye gukorana umurava afatanyije n’itsinda ry’abandi bayobozi hagamijwe gukomeza urugendo rwo guhindura ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro,peteroli na gaz umutungo ugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’u Rwanda.”
Impinduka zakozwe muri Guverinoma ku wa 31 Kanama 2021 zasize Francis Gatare wari usanzwe ayobora RMB agizwe Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’Ubukungu.
Yamina Karitanyi wari umaze imyaka itandatu ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, ni we washyizwe ku buyobozi bw’icyo kigo.
source : https://ift.tt/3Ekl6Sc