Imyaka ibiri irenda gushira icyorezo cya Covid-19 cyibasiye Isi, kuva cyatangira gukwirakira ibikorwa byinshi byarahungabanye ndetse n’ubukungu burangirika byatumye abantu babaho bahangayikishijwe n’imibereho.
Mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 hafashwe ingamba zitandukanye zirimo Guma mu Rugo n’ibikorwa byahurizaga abantu hamwe birahagarara.
Ibi byatumye abantu bamara igihe mu ngo batabasha gukomeza ubuzima uko byari bisanzwe kandi icyi cyorezo cyateye mu buryo butunguranye ku buryo abantu benshi bihebye bumva ko ubuzima burangiye.
Depite Imaniriho Clarisse, wari witabiriye uyu muhango yavuze ko hari ibikorwa byinshi byahuzaga urubyiriko byahagaze kubera Covid-19, bituma urubyiruko rubaho ruhangayitse.
Yagize ati “Hari ingaruka nyinshi zatewe na Covid-19 nko gutakaza akazi kuri bamwe, abatakaje amashuri muri ririya funga ryagiye ribaho hari n’ibindi byabayeho mu kwirinda nk’ibirori n’ibitaramo byajyaga biba bikanezeza urubyiruko.”
“Ibyo byose byatumye urubyiruko rwumva rubuze amahoro, hari ingaruka nyinshi zatewe na Covid-19 tudakwiye guheranwa na zo ahubwo dutekereze icyatuma nk’urubyiruko tubyikuramo.”
Ibi abihuje na Mayobera Omer, uzobereye mu bikorwa by’amahoro wavuze ko Covid-19 yatumye abantu bahugira ku mbuga nkoranyambaga batangira gukoreraho ibikorwa bihungabanya amahoro nko gupfobya Jenoside.
Yagize ati “Ubona ko Covid-19 imaze kuza ubuzima bwimukiye ku mbuga nkoranyambaga n’akazi ni ho kimukiye, mu kuzikoresha byabaye nk’aho abantu bagira uburyo bisanzuye cyane bituma harimo ibibangamira amahoro.”
“Cyane muri uyu mwaka ni bwo twakunze kubona amagambo ahembera ingengabitekerezo ya Jenoside, ukabona hari ikintu kiburamo mu buryo baganira muri rya koranabuhanga hari abagaruraga abandi n’abavugaga ngo ibi ni ibiki.”
Ku ruhande rwa Mukasonga Emilienne, umuganga w’indwara zo mu mutwe, yavuze ko icyatumye Covid-19 ihungabanya amahoro ari uko abantu babayeho bihebye nta cyizere cy’ubuzima bafite.
Yagize ati “Icyagaragaye cyane muri ibi bihe bya Covid-19 ni igihirahiro abantu abantu babayemo kandi si abakuru gusa n’abato bakibayemo, kutamenya uko buri bucye bimeze cyane ku bato bahorana inzozi.”
Aba bose bahurije ku kwihangana no kwakira ingaruka za Covid-19 ko ari byo bizafasha abantu kongera gusubira mu buzima busanzwe ndetse no guhangana n’ingaruka z’icyorezo zigashira.
Kuba Covid-19 yaratumye abantu biheba ndetse ikangiza amahoro bigaragarira mu bikorwa byo kwiyambura ubuzima (kwiyahura), abantu basigaye bagaragaramo uko bwije n’uko bukeye.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B.Thierry aherutse kuvuga ko mu mwaka wa 2019/2020, umubare w’abantu biyahuye mu Rwanda wari 291 mu gihe mu 2020/2021 bari 285. Iyi myaka ni bwo icyorezo cyavuzaga ubuhuha.
source : https://ift.tt/3AsPl70