AS Kigali yanyagiye Olympique de Missiri-Sima ikomeza mu kindi cyiciro cya CAF Confederations Cup #rwanda #RwOT

webrwanda
0

AS Kigali yasezereye Olympique de Missiri-Sima mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederations Cup ku giteranyo cy'ibitego 8-1, ni nyuma yo kuyinyagira ibitego 6-0 mu mukino wo kwishyura wabereye i Kigali.

AS Kigali yari yakiriye Olympique de Missiri mu mukino wo kwishyura w'ijonjora rya CAF Confederations Cup.

Umukino ubanza wabereye mu Birwa bya Comoros, AS Kigali yari yatsinze 2-1, ikaba yasabwaga kunganya kugira ngo ikomeze mu kindi cyiciro.

AS Kigali yatangiye isatira ku munota wa 6 Lawal yahinduriye umupira mwiza Tchabalala ariko ateye mu izamu bahita bawushyira muri koruneri.

Ku munota wa 14 Niyibizi Ramadhan aba yatsindiye AS Kigali ariko ateye mu izamu unyura hanze yaryo.

Aboubakar Lawal yatakaje umupira ku munota wa 19 ufatwa na Noelson Rakotomamonjy wacomekeye Yousouf Samir ariko ateye mu izamu unyura inyuma yaryo.

AS Kigali yabonye kufura ku munota wa 27, Kakule Mugheni Fabrice akoreraho Pierrot wahise areba uko umunyezamu ahagaze ahita umupira awuboneza mu rushundura.

Ku munota wa 35, Mukonya yahinduye umupira mwiza ariko umunyezamu Antiki Mohammed awukuramo.

Olympique de Missiri-Sima yazamutse neza ku munota wa 37 bahinduye umupira mwiza ariko kapiteni w'iyi kipe, Majani Aksam ananirwa kuwushyira mu izamu ahubwo awohereza hejuru yaryo.

AS Kigali yaje kubona igitego cya kabiri gitsinzwe na Niyibizi Ramadhan ku munota wa 42, ni ku mupira wari uhinduwe na Mukonya ariko umunyezamu ananirwa kuwufata ngo awukomeze.

Mbere y'uko igice cya mbere kirangira ku munota wa 45, AS Kigali yabonye igitego cya gatatu gitsinzwe na Aboubakar Lawal nyuma y'uko myugariro wa Olympique bamuhaye ntumugereho ugahita wifatirwa na Lawal. Amakipe yagiye kuruhuka ari 3-0.

AS Kigali yatangiye igice cya kabiri ishaka ikindi gitego, ku munota wa 52 Rukundo Denis yahinduye umupira ariko Lawal ashyizeho umutwe unyura hejuru.

Nyuma y'umunota umwe AS Kigali yabonye igitego cya kane gitsinzwe na Shabani Hussein Tchabalala n'umutwe ku mupira wari uhinduwe na Niyibizi Ramadhan.

Ku munota wa 60 AS Kigali yabonye igitego cya gatanu gitsinzwe na Rukundo Denis.

AS Kigali yahise ikora impinduka havamo Haruna Niyonzima na Aboubakar Lawal hinjiramo Buteera Andrew na Saba Robert.

Ku munota wa 68 AS Kigali yakoze izindi mpinduka 3, Uwimana Guilain, Kayitaba Jean Bosco na Biramahire Abeddy binjiyemo havamo Niyibizi Ramadhan, Kakule Mugheni Fabrice na Shabani Hussein Tchabalala.

Ku munota wa 88 umunyeamu wa Olympique, Antiki yagize ikibazo cy'imvune kuko iyi kipe yari yarangije gusimbuza, mu izamu hahise hajyamo Yousouf Samir.

AS Kigali yakomeje gushaka uko yatsinda ibindi bitego maze Ku munota wa 90 Biramahire Abeddy atsinda ikindi. Umukino warangiye ari 6-0, ikomeza ku giteranyo cy'ibitego 7-1.

Nyuma yo gusezerera Olympique de Missiri-Sima, AS Kigali izahura na Darling Club Motema Pembe yo muri DR Congo.

AS Kigali yakomeje ku giteranyo cy'ibitego 7-1



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/as-kigali-yanyagiye-olympique-de-missiri-sima-ikomeza-mu-kindi-cyiciro-cya-caf-confederations-cup

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)