APR FC yasezereye Mogadishu City Club, igomba guhura na Etoile Sportive du Sahel #rwanda #RwOT

webrwanda
0

APR FC itsinze Mogadishu City Club ibitego bibiri kuri kimwe ihita iyisezerera muri CAF Champions League ku giteranyo cy'ibitego 2-1.

Wari umukino wo kwishyura w'ijonjora ry'ibanze rya CAF Champions League ikipe ya APR FC yari yakiriye ikipe ya Mogadishu City Club mu mukino wabereye kuri Stade Regional Nyamirambo.

Umukino ubanza wabereye muri Djibouti kubera ikibazo cy'umutekano uri Somalia, amakipe yombi yanganyije 0-0.

APR FC yasabwaga gutsinda uyu mukino kugira ngo igere mu kindi cyiciro kuko ikosa ryose yari gukora ryari gutuma isezererwa mu irushanwa.

Nk'ibyabaye ku mukino ubanza n'ubundi kubera ibyangombwa bye, ntabwo Adil umutoza wa APR FC yatoje uyu mukino.

APR FC yatangiye umukino irusha Mogadishu City ishaka igitego, ku munota wa 5 Bizimana Yannick yahinduye umupira imbere y'izamu ariko bawushyira muri koruneri itagize icyo itanga.

APR FC yakomeje gukina neza ishaka uburyo bw'ibitego ariko ntibarema amahirwe menshi.

Ku burangare bwa ba myugariro ba APR FC, Kagaba Nicholas aba yatsindiye Mogadishu igitego cya mbere ariko umupira unyura hanze gato y'izamu.

Iyi kipe yaje kubona igitego cya mbere ku munota wa 24 gitsinzwe na Bi Marc Boue ku mupira wari utewe na Kagaba Nicholas ugakubita umutambiko w'izamu hakabura umukinnyi wa APR FC uwukuraho.

APR FC yakomeje gushaka uburyo yishyuye iki gitego ndetse Yannick Bizimana aba yacyishyuye ku munota wa 45 ariko ateye mu izamu bahita bawushyira muri koruneri, Placide ashyiraho umutwe ariko umunyezamu arawufata. Igice cya mbere cyarangiye ari 1 cya Mogadishu City Club ku busa bwa APR FC.

APR FC yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka 3, Rwabuhihi Aime Placide, Mugisha Gilbert na Bizimana Yannick bavamo hinjiramo Nsanzimfura Keddy, Ishimwe Anicet na Mugunga Yves.

Ku munota wa 47, Niyomugabo Claude yazamukanye umupira aha Djabel wahise ucomekera Mugunga Yves wahise atera adahagaritse ariko umunyezamu arawufata.

Izi mpinduka zafashije APR FC cyane kuko yarushije Mogadishu City Club ndetse igenda ibona amahirwe ariko kuyabyaza umusaruro bibanza kwanga.

Ku munota wa 60, Manishimwe Djabel yishyuriye APR FC ku mupira yatereye inyuma gato y'urubuga rw'amahina.

Iyi kipe y'Ingabo z'Igihugu yakomeje gushaka igitego cy'intsinzi ariko igenda ihusha amahirwe yabonaga.

Ku munota wa 73 Karera Hassan yatsindiye APR FC igitego cya kabiri n'umutwe, ni ku mupira wari uhinduwe na Buregeya Prince. Umukino warangiye ari 2-1, APR FC ikomeza mu cyindi cyiciro ku giteranyo cy'ibitego 2-1 kuko umukino warangiye ari 0-0.

Nyuma yo gusezerera iyi kipe, APR FC izahura mu kindi cyiciro na Etoile Sportive du Saleh.



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yasezereye-mogadishu-city-club-igomba-guhura-na-etoile-sportive-du-sahel

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)