Abakinnyi 11 beza b'abanyarwanda batarabona amakipe mu cyiciro cya mbere(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Harabura ukwezi kumwe shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w'imikino 2021-2022 igatangira, amakipe akomeje kwiyubaka aho yaguze abakinnyi batandukanye, ni mu gihe hari n'abakinnyi batarabona amakipe.

Kuba umukinnyi yasinyira ikipe runaka biterwa n'uburyo ikipe yamweretse ko imwifuza, kuba yamuha ibyo akeneye kugira ngo asinye, hari abakinnyi bataragira ikipe basinyira kubera ko batumvikanye n'amakipe yabifuje, gusa hari n'abatarasinya kubera ko nta makipe barabona.

Muri iyi nkuru, ISIMBI yararanganyije amaso ireba bamwe mu bakinnyi beza baba bakiri ku isoko bataragira ikipe basinyira, itegura ikipe y'abakinnyi 11 batarabona amakipe ari bo tugiye kugurakaho muri iyi nkuru.

Umunyezamu â€" Ndayishimiye Eric Bakame

Ndayishimiye Eric Bakame ni umunyezamu udafite ikipe kugeza ubu, umwaka ushize yakiniraga AS Kigali ariko nyuma yo gusoza amasezerano muri iyi kipe y'abanyamujyi ntiyigeze yongererwa andi masezerano, hagiye havugwa ko ashobora kwerekeza muri Musanze ndetse na Rayon Sports akaba yayisubiramo ariko nta na hamwe arasinya.

Myugairiro w'ibumoso - Ndayishimiye Celestin

Uyu ni myugariro uheruka gutandukana n'ikipe ya Sunrise FC yamanutse mu cyiciro cya kabiri. Uyu mukinnyi ukina ku ruhande rw'ibumoso yugarira, ntabwo arabona ikipe.

Myugairiro w'iburyo â€" Songayingabo Shaffy

Ubusanzwe ni umusore ukina mu mutima w'ubwugarizi yugarira ariko n'iruhande rw'iburyo yahakina, umwaka w'imikino ushize yawukinnye muri Gorilla FC, yavuzwe muri Rayon Sports ariko ntabwo yigeze ayisinyira.

Mu mutima w'ubwugarizi

Emery Bayisenge

Ni umukinnyi ufite ubanararibonye wanakiniye amakipe atandukanye yo hanze y'u Rwanda, yasoje amasezerano muri AS Kigali yamwiginze ngo yongere andi ariko aranga, yavuzwe mu makipe nka Police FC na Rayon Sports ariko nta n'imwe yigeze asinyira, bivugwa ko hari amakipe yo hanze bari mu biganiro.

Runanira Amza

Ni umukinnyi na we ukina mu mutima w'ubwugarizi watandukanye na Bugesera FC mbere y'uko umwaka w'imikino wa 2020-21 utangira, kugeza ubu na we nta kipe afite.

Batatu bakina mu kibuga hagati

Muhire Kevin

Kuva yasoza amasezerano y'amezi abiri yasinyiye Rayon Sports ahwanye n'umwaka w'imikino wa 2020-21, uyu mukinnyi yagiye yumvikana yemeza ko yiteguye kongerera amasezerano iyi kipe mu gihe atajya gukina hanze, gusa kugeza aka kanya nta hantu na hamwe arasinya.

Bonane Janvier

Ni umukinnyi wasoje amasezerano muri Kiyovu Sports, umwaka ushize akaba yari umwe mu bakinnyi ntayeganyezwa muri iyi kipe, yakina ku 8 cyangwa 10, uyu na we ntabwo arabona ikipe, ni nyuma y'uko Kiyovu Sports imusohoye mubo itazongerera amasezerano.

Niyibizi Vedaste

Ni umukinnyi wasoje amasezerano muri Sunrise FC yamanutse mu cyiciro cya kabiri, yifujwe n'amakipe atandukanye arimo Mukura VS, Bugesera … ariko ntibumvikana, ni umukinnyi ushobora gukina imyanya 4 mu kibuga(7,8,10 na 11) na we nta kipe afite.

Abasatira

Ndacyayisenga Ally

Ni umukinnyi wasoje amasezerano mu ikipe ya AS Muhanga yamanutse mu cyiciro cya kabiri, uyu akina asatira anyuze ku mpande, na we akaba ategereje ikipe yamusinyisha.

Sekamana Maxime

Ni umusore wasoje amasezerano muri Rayon Sports, iyi kipe bivugwa ko yari yiteguye kumwongerera amasezerano ariko we ntabikozwe bitewe n'ibihe bagiranye. Nta kipe arabona kugeza uyu munsi.

Sugira Ernest

Ni rutahizamu na we udafite ikipe nyuma yo gusoza amasezerano muri Rayon Sports. Bivugwa ko iyi kipe yifuje kumwongerera amasezerano ariko umutoza Masudi Djuma ntabikozwe, gusa na we abamwegereye bavuga ko intumbero ye ari ugukina hanze y'u Rwanda.



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abakinnyi-11-beza-b-abanyarwanda-batarabona-amakipe-mu-cyiciro-cya-mbere-amafoto

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)