Urukundo rwa Rutangarwamaboko n’umugore we rwateye urujiijo abavugaga ko ashatse umupfumu - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Aba bombi ugeze mu rugo rwabo utangazwa n’uburyo bahora bishimye, bahana ibyo benshi bita ‘care’ muri iki gihe, reka sinakubwira.

Uyu muryango umaze kubyarana abana babiri b’abakobwa, mu kiganiro wagiranye na IGIHE uvuga ku rukundo rwawo, bavuze ko buri umwe yabanje kumenya mugenzi we igihe kinini ariko na none imiryango yabo ikaba ari yo yababanjirije.

Rutangarwamaboko avuga ko babanje kumenyana ku buryo buhagije nyuma yo bakaza kwisanga bakundana cyane.

Ati “Urukundo rujya aho rushatse ntabwo warugena. Habayeho kumenyana turaziranye. Ari njye ndamuzi na we aranzi. Igitangaje habanje kumenyana kw’imiryango. Igihe cyo gushaka rero ba bantu musanzwe muziranye muri inshuti ugize amahirwe ukahabona injishi (umugore) nk’iyi […] ni iki cyatuma utamushaka.”

Umugore we na we yunga mu rye ariko akavuga ko bakundana atahise abibwira inshuti ze za hafi ahubwo zabimenye bamaranye igihe. Avuga ko kandi hari bamwe batunguwe n’uko ashatse umupfumu.

Ati “Habayeho kumenyana. Ntabwo twisanze dukundana gusa. Twabaye kumenyana bisanzwe ibindi biziraho nyuma. Inshuti zanjye za hafi zari zimuzi. Bamumenye igihe gikwiriye. Igihe cyarageze bamenya inshuti kandi koko basanga ari umuntu muzima ugira ukuri. Abenshi ntabwo byabatunguye ngo bavuge ngo ni umupfumu, abatunguwe ni abantu twiganye ariko tutari inshuti cyane.”

Rutangarwamaboko yarushinze ku wa 30 Nyakanga 2017 mu birori byavugishije benshi byabereye mu Ntara y’Amajyepfo mu Bibungo bya Mukinga i Nyamurasa ho mu Karere ka Kamonyi ari na ho avuka.

Rutangarwamaboko n'umugore we bamaze imyaka ine barushinze



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)