Umunsi twahurijeho imitima yacu- Akanyamuneza ka Jacques Tuyisenge wakoze ubukwe bw'akataraboneka #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ubu bukwe bwabaye ubw'ibyishimo, bwabaye kuri uyu wa Gatandatu nyuma y'uko ku wa Gatanu tariki 20 Kanama 2021, hari habaye imihango yo gusaba no gukwa byabereye mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.

Abitabiriye ibi birori babanje kwipimisha COVID-19 mu gihe nyuma yabyo, bafashe imodoka berekeza mu Karere ka Rubavu ahabereye igikorwa cyo gusezerana mu rusengero.

Ni ibirori byabaye muri Gorilla Hotel aho bamwe mu babitashye batangaje ko byari byuzuye byishimo n'umunezero.

Nyuma y'amasaga macye abaye umwe n'umukunzi we, Jacques Tuyisenge yagaragaje akanyamuneza atewe no kuba arushinze n'uwo yeguriye umutima we.

Ubutumwa yanyujije kuri Twitter, buherekejwe n'ifoto yabo bamaze gusezerana, Jacques Tuyisenge yagize ati "Tariki 21 Kanama 2021, Jacques na Jordin bahurijeho imitima. Ni umunsi w'amateka. Urakoze Mana."

Tuyisenge Jacques yari mu bakinnyi bari mu mwiherero w'Amavubi ari kwitegura imikino ya Mali na Kenya izaba mu ntangiriro z'ukwezi gutaha mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2021.

Gusa, yawuvuyemo ku wa Kane nyuma ya saa sita kugira ngo yitegure ubu bukwe ndetse byitezwe ko nyuma yabwo azahita asanga bagenzi be gukomeza umwiherero.

UKWEZI.RW



Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/Umunsi-twahurijeho-imitima-yacu-Akanyamuneza-ka-Jacques-Tuyisenge-wakoze-ubukwe-bw-akataraboneka

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)