U Rwanda rwemeye ubusabe bwa USA bwo kwakira impunzi zivuye muri Afghanistan #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo yabwiye Ikinyamakuru Taarifa dukesha aya makuru ko u Rwanda rwemeye kiriya Cyifuzo cyatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za America zikomeje gushakira abaturage bo muri Afghanistan aho bahungishiriwa.

Uyu muvugizi wa Guverinoma mushya, Yolande Makolo avuga ko nta byinshi biratajya ku murongo kuri iki cyemezo cyo kwemera kiriya cyifuzo gusa ngo u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America bazaganira uko cyashyirwa mu bikorwa.

Ku ikubitiro, Igihugu cya Uganda ni cyo cyabaye icya mbere ku mugabane wa Africa kwemera kwakira impunzi ziri guhungishwa muri kiriya gihugu cya Afghanistan.

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko hari ibihugu 13 byemeye kwakira by'igihe gito abantu bari kuvanwa muri Afghanistan. Ni ukuvuga abatujuje ibisabwa bituma bahita batuzwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibyo bihugu ni Albania, Canada, Colombia, Costa Rica, Chile, Kosovo, North Macedonia, Mexico, Poland, Qatar, u Rwanda, Ukraine na Uganda.

Hari n'ibindi bihugu 12 byemeye ko bazahanyura mbere y'uko bajyanwa ahandi, ari byo Bahrain, u Bwongereza, Denmark, u Budage, u Butaliyani, Kazakhstan, Kuwait, Qatar, Tajikistan, Turikiya, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu na Uzbekistan.

Kuva umutwe wa Taliban wafata kiriya gihugu cya Afghanistan ndetse ubutegetsi bwa kiriya gihugu bukemera kuwubererekera bukawuha Igihugu, bamwe mu baturage bakomeje kuvanwa muri kiriya gihugu.

Perezida Biden wanenzwe na benshi kuba yarakuye ingabo za Leta Zunze Ubumwe za America muri kiriya Gihugu ku buryo ari byo byatumye Abatalibani bagifata, yavuze ko icyemezo cyo kuzikurayo cyari mu buryo buboneye kandi ko cyari gikwiye.



Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/U-Rwanda-rwemeye-ubusabe-bwa-USA-bwo-kwakira-impunzi-zivuye-muri-Afghanistan

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)