Uyu musore yari yahagurutse mu Rwanda tariki 27 Nyakanga 2021 agiye mu igerageza mu Ikipe ya Oudâ" Heverlee Leuven yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bubiligi ku mugabane w'u Burayi..
Bamwe mu nshuti za hafi z'uyu musore w'imyaka 23 y'amavuko, bavuga ko atahiriwe n'urugendo yatsinzwe igerageza.
Gusa ngo ntabwo ahita agaruka mu Rwanda kuko hari andi makipe amwifuza arimo ayo mu Bufaransa no muri Maroc.
Ange Mutsinzi uri mu bakinnyi bato batanga icyizere mu Rwanda, yari yerekeje mu Bubiligi gushaka ikipe nyuma y'uko arangije amasezerano ye muri APR FC yafashije kwegukana shampiyona ebyiri idatsinzwe.
Mu minsi ishize kandi, Byiringiro Lague bakinanye muri APR FC na we yatsinzwe igerageza mu ikipe ya FC Zurich yo mu cyiciro cya mbere mu Busuwisi yamwifuzaga.
Uyu rutahizamu na we uri mu bakomeye mu Rwanda, anaherutse kugaruka mu Rwanda aho ubu ari kumwe na bagenzi be b'Amavubi mu mwiherero wo kwitegura imikino iyi kipe ifite mu kwezi gutaha.
UKWEZI.RW