Nyarugenge: Umugore yatwikishije mugenzi amazi ashyushye amuziza ko abana babo barwanye - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ahagana saa moya n’igice zo kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Kanama 2021, nibwo uyu mugore yatwitse mugenzi we amusukaho amazi ashyushye.

Amakuru avuga ko uwo mugore wakoze iryo bara, yabikoze nyuma yo gutaha umwana we akamubwira ko umwana w’umuturanyi we yamukubise.

Undi yahise agira umujinya ajya guteza ubwega ku muturanyi we birangira barwanye.

Abaturage bo muri aka gace kari munsi ya Mont Kigali, babwiye IGIHE ko uwo mugore wari uje guhorera umwana we, yahise yinjira mu nzu akazana isafuriya irimo amazi ashyushye akayamena kuri mugenzi we.

Mukayisenga Solange ati “ Yaratashye umwana aramubwira ngo umwana w’umuturanyi yankubise. Nibwo yaje baratongana ahita ajya kwambara ipantalo mu nzu asohokana isafuriya y’amazi ashyushye ahita ayimumenaho, maze yirukira mu nzu arikingirana.”

Uwitwa Kayumba Bernard, yavuze uyu mubyeyi wamenweho amazi yahiye umubiri wose.

Ati “Akimara kwikingirana abanyerondo n’abayobozi baje bamusaba gufungura bahita bamujyana ku Murenge gusa twe byadutunguye uburyo umuntu ashobora gufata amazi akuye ku mbabura, akayasuka kuri mugenzi we”.

Yongeyeho ko uyu mugore abanyerondo bahise bamujyana ku Murenge wa Nyakabanda mu gihe mugenzi yatwitse yahise yoherezwa ku Kigo Nderabuzima cya Kabusunzu.

Uyu mugore watwitswe yahise ajyanwa kwa muganga



source : https://ift.tt/3ksGiwe

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)