Ngoma: RIB yataye muri yombi batatu bakurikiranyweho kunyereza umutungo wa Koperative - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abatawe muri yombi barimo umugabo w’imyaka 33 wayoboraga koperative, uwari umuyobozi wungirije, umunyamabanga n’umubitsi. Ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Zaza.

Aba bakurikiranyweho icyaha cyo kunyereza amafaranga ya koperative angana na miliyoni eshatu, bavuga ko yakoreshejwe ariko ntibagaragaza uburyo yakoreshejwemo.

KOTAVEM imaze imyaka irindwi ikora, igizwe n’abanyamuryango bagera kuri 90, mu ntangiro buri mu nyamuryango yatanze amafaranga ibihumbi 20 byo kwinjira ndetse buri kwezi batanga umusanzu wa 500 Frw. Abanyamuryango 60 batangiranye nayo batanga umusanzu w’ibihumbi bitatu buri kwezi.

Aba banyamuryango bagiye kumenya ko amafaranga yabo yibwe, ubwo bajyaga kureba ayo bafite kuri konti bagasangaho 1 600 Frw batazi uko andi yakuweho.

RIB yaboneyeho umwanya wo kwibutsa abaturarwanda ko itazihanganira uwo ariwe wese uzafatirwa mu cyaha cyo kunyereza umutungo ashinzwe kugenzura, awukoresha mu nyungu ze bwite.

Aba bagabo nibaramuka bahamwe n’icyaha bazahanwa n’ingingo ya 10 y’itegeko ryerekeye kurwanya ruswa. Bahanishwa kandi igifungo kiri hagati y’imyaka irindwi ariko itarenze 10 no gutanga ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro eshatu kugera kuri eshanu z’umutungo banyereje.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)