Hakuweho ikiguzi ku bohereza amafaranga hagati ya konti zabo za banki n’iza Mobile Money - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umwanzuro wo gukuraho aya mafaranga ukubiye mu mabwiriza mashya ya BNR. Iki cyemezo kirahita gitangira kubahirizwa, ariko kikaba kireba gusa amafaranga yajyaga acibwa kuri konti ebyiri (iya mobile money n’iya banki) ariko z’umuntu umwe.

Uyu mwanzuro ufashwe nyuma y’impungenge zari zimaze iminsi zigaragazwa n’abantu bavuga ko kuba umuntu acibwa amafaranga igihe yohereje amafaranga kuri konti ye yo muri banki ayakuye kuri telefone, bishobora gutuma intambwe u Rwanda rumaze gutera mu bijyanye no kudahererekanya amafaranga mu ntoki rusubira inyuma.

Muri Gicurasi uyu mwaka, BNR yari yatangaje ko iri kwiga kuri iki kibazo kijyanye no gushyiraho ibiciro kuri serivisi z’imari zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Aya mabwiriza mashya yashyizweho umukono na Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko “amafaranga acibwa igihe habayeho ihererekanya ry’amafaranga hagati ya konti ya mobile money na konti ya banki zose z’umuntu umwe abujijwe.”

Uretse aya mafaranga, BNR yanakuyeho inyungu amabanki yajyaga yishyura ibigo by’itumanaho binyuze muri konti bifite mu mabanki atandukanye zishyirwaho aya mafaranga abakiliya baba babikije kuri telefone.

Mu busanzwe banki zajyaga zishyura inyungu iyo umukiliya yakuraga amafaranga kuri konti ye akayashyira kuri konti ikigo runaka cy’itumanaho gisanzwe gishyiraho amafaranga abakiliya babikije kuri mobile money.

Iyi nyungu ya 6% amabanki yishyura yakunze kuvuga ko ariyo ntandaro y’amafaranga umukiliya yacibwaga igihe yohereza amafaranga kuri konti ye yo muri banki ayakuye kuri telefone.

BNR yakuyeho amafaranga yacibwaga umuntu uhererekanya amafaranga hagati ya konti ye yo muri banki y’iya mobile money



source : https://ift.tt/3j6TB61
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)