Abasoje amasomo ni abo muri koleji esheshatu za UR. Umuhango nyir’izina urabera mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Camp Kigali, witabirwe n’abantu bake batarenze 100 kubera ingamba zo kwirinda Covid-19.
Abandi baraza kuwukurikira bifashishije ikoranabuhanga ndetse uranatambuka kuri Televiziyo y’Igihugu guhera saa 8:45 kugeza 10:15.
Ni ku nshuro ya Karindwi Kaminuza y’u Rwanda igiye gushyira ku isoko ry’umurimo abanyeshuri bashya nyuma y’uko ihujwe n’andi mashuri makuru na kaminuza bya leta arindwi.
Abanyeshuri barenga 9000 nibo bagiye gusoza amasomo yabo muri UR
source : https://ift.tt/3sSMSQh