Ubusanzwe abantu bakuze n’abarwaye indwara zidakira, nibo bari bemerewe guhabwa urukingo rwa Covid-19 na cyane ko ibyo byiciro byombi biri mu bifite ibyago byo kuzahazwa n’icyorezo cya Covid-19.
Kuba abantu bose barengeje imyaka 18 bemerewe kwikingiza, biratanga icyizere ko u Rwanda rushobora kugera ku ntego rwihaye y’uko ruzakingira 30% by’abaturage barwo bitarenze uyu mwaka.
U Rwanda kandi rufite intego yo gukingira 60% by’abaturage barwo bitarenze Kamena umwaka utaha, ku buryo ibi bizaruha ubwirinzi bwo guhashya icyorezo cya Covid-19 burundu.
Abantu barenga ibihumbi 980 bamaze guhabwa dose ya mbere y’urukingo, mu gihe abarenga ibihumbi 419 bamaze guhabwa dose ebyiri z’urukingo.
Abanyarwanda barengeje imyaka 18 bagiye gutangira guhabwa urukingo
source : https://ift.tt/3zb5kG4