U Rwanda rwihaye 2026 nk’umwaka wo kuziba icyuho hagati y’abagabo n’abagore mu ikoranabuhanga - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu butumwa yagejeje ku bayobozi mu nzego za Leta z’ibihugu bitandukanye ku Isi, abahagarariye imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore, impirimbanyi z’uburinganire n’abandi bitabiriye Ihuriro rusange ku Buringanire [Generation Equality Forum].

Iri huriro riri kubera i Paris kuva ku wa 30 Kamena rizageza ku wa 2 Nyakanga 2021, hifashishijwe ikoranabuhanga, ryitabiriwe n’abarimo Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na Perezida wa Mexique, Andrés Manuel López Obrador.

Mu bandi bayobozi bitabiriye iri huriro harimo Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Abagore, Phumzile Mlambo-Ngcuka; Umuyobozi wa Bill & Melinda Gates Foundation, Mark Suzman n’abandi.

Umukuru w’Igihugu yashimiye Perezida Macron na López ku bw’umuhate bagize ndetse avuga ko u Rwanda rwishimiye kuba muri iri huriro rigamije guharanira ko abagore n’abakobwa nabo bajyana n’abandi muri urwo rugendo rw’ikoranabuhanga na inovasiyo.

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye iri huriro ko u Rwanda rwiyemeje ko mu 2026 ruzaba rwaramaze kuziba icyuho kikigaragara mu buringanire, ikoranabuhanga na inovasiyo.

Ati “Reka mbabwire ku byerekeye gahunda n’umuhate by’u Rwanda muri uru rwego; icya mbere dufite intego yo kuba twamaze kuvanaho icyuho mu bijyanye n’uburinganire mu ikoranabuhanga mu 2026.”

Yakomeje agira ati “Tuzakora ibi mu nzego eshatu zihariye; gutunga telefoni zigezweho, ikoranabuhanga muri serivisi z’imari ndetse n’amasomo y’ubumenyi, ikoranabuhanga n’imibare kugeza ku rwego rw’amashuri yisumbuye.”

Perezida Kagame yavuze kandi u Rwanda rukora ibishoboka byose kugira ngo hajyeho uburyo budaheza muri inovasiyo no kwihangira imirimo muri rusange, hakubwa kabiri umubare w’abagore n’abakobwa bafashwa binyuze mu bigo bifasha muri inovasiyo.

Umukuru w’Igihugu yavuze kandi ko u Rwanda rwatangiye gukangurira ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Uburasirazuba kwinjira muri urwo rugamba rwo guharanira ko umuntu wese agera ku nzozi ze hatitawe ku gitsina cye.

Ati “Kugera ku buringanire mu ikoranabuhanga na inovasiyo ni kimwe mu bigize urugamba rwagutse rwo guharanira uburenganzira n’amahirwe angana ku bagore n’abakobwa. Umuntu wese, hatitawe ku gitsina, agomba kubaho mu buzima yahisemo.”

Binyuze muri gahunda zitandukanye zagiye zishyirwaho na Guverinoma y’u Rwanda, abakobwa bitabira amashami y’imibare, ubumenyi n’ikoranabuhanga bagiye biyongera kuko bavuye kuri 56.7% mu 2015 bagera kuri 63.9% mu 2018.

Perezida Kagame yavuze ko kugera ku buringanire mu ikoranabuhanga na inovasiyo ari urugamba rusaba ubufatanye



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)