Rwezamenyo: Camera z’umutekano zimaze umwaka zidakora - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muhire Abdoul, yagize “Abacuruza ibiyobyabwenge baragarutse, dukeneye ubuvugizi kuko abantu bose barabizi ko zitagikora ku buryo nta muntu ukizitinya nka mbere zikijyaho.”

Umwe mu banyerondo twaganiriye yatubwiye ko hari izi camera zabafashaga cyane mu kazi kabo, ati “Izi camera zifite akamaro kanini, kandi raporo y’uko zitagikora yarakozwe, bakwiye gushyiramo imbaraga zikongera gukora.”

Umuyamanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwezamenyo, Nirere Marie Rose, yabwiye IGIHE ko iki kibazo bakizi ndetse isoko ryatanzwe kugira ngo zizakorwe.

Ati “Isoko ryazo ryaratanzwe, murabizi uko amasoko atangwa kubera ko amafaranga azikoreshwaho ni ay’abaturaege, kandi aba ari aya Leta ku buryo aba agomba gukoreshwa mu mucyo, rero twatanze isoko abazaritsindira bazaza bazikore ariko turifuza ko bikorwa vuba.”

Ikibazo cya camera z’umutekano zidakora giherutse no kugaragara mu nyubako nini ziri mu mujyi wa Kigali, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bukaba bwarasabye abafite izo nyubako kongera gukoresha izo camera.

Camera zashyizwe mu Murenge wa Rwezamenyo zimaze umwaka zidakora



Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)