Mu gahinda kenshi, Meya wa Bugesera yasezeye ku muvandimwe we wishwe na Covid-19 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Muri ubu butumwa yatangiye avuga amateka akomeye y’uburyo Nadège yavutse atsinze urupfu kubera amateka mabi yaranze u Rwanda rwatotezaga Abatutsi, avuga uko yarutsinze bwa kabiri arokoka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yamutwariye umuryango we, ariko akaba ahitanwe n’icyorezo cya Covid-19 kidatinya umuntu umwe.

Yagize ati “Hari muri Kanama 1989 ubwo masenge Mukabaranga Alivera yendaga kwibaruka, maze ubwo yari ari kugerageza kujya kwa muganga ngo yitabweho ahura n’itsinda ry’abajandarume bamubuza kujyayo bamuhagarika amasaha n’amasaha kuri bariyeri.”

“Mu gihuru cyari hafi y’iyo bariyeri hari ababyeyi maze bamwe muri bo bakora nk’ababyaza, bafasha Alivera kwibaruka umwana w’uruhinja. Urwo ruhinja ni Uwimbabazi Nadège wacu witabye Imana ejo hashize.”

Akomeza avuga ko Nadège atitwaga gutyo ahubwo ko bakundaga kumwita Nyirabajandarume akiri umwana kugira ngo bajye bibuka ubutwari mama we yagize akamwibaruka nyuma yo kumara amasaha menshi ahagaze kuri bariyeri yabangamiwe n’abajandarume ariko ku bw’amahirwe akavuka kandi akabaho.

Mutabazi yavuze ko iri zina bakundaga kurihina bakamwita Nyirabajede, ariko akaryanga kuko ryamuteraga ihungabana kubera ko ryari rifitanye isano na Jenoside yamutwariye abo mu muryango we.

Gusa nyuma y’amezi make Jenoside yarokotse bigoranye irangiye, yarabatijwe ahabwa izina Nadège, Mutabazi avuga ko ari impano yamugeneye kuko ari we warimwise.

Nyuma yo kuvuga aya mateka ababaje ya Nadège,Mutabazi yagize ati “Nyuma y’imyaka 27, ahitanwe n’iki cyorezo giteye ubwoba, avuye mu Isi y’abapfa agiye mu Isi y’abadapfa aho ababyeyi be n’abavandimwe bagiye bavuye muri ubu buzima hakiri kare.”
“Nahura n’abo muryango we mu byishimo, azababwira ko ‘yabayeho’ nyuma y’urupfu. Azababwira ko yabonye Inkotanyi, zirimo na musaza we mukuru, ko zahagaritse Jenoside zigakura igihugu ibuzimu zikakizana ibuntu.”

“Azababwira ko abajandarume ba kera batakiriho, ahubwo ko basimbuwe n’abandi b’ubu baherekeza ababyeyi kwa muganga mu kinyabupfura. Azababwira ko yababariye abataramugiriye impuhwe cyangwa ngo bazigirire umuryango we. Azabwira ko Nyirarume rukumbi yagiraga yahungutse kandi akamwitaho.”

Yakomeje avuga ko amateka azahora yibuka ko ari we mwana muto wari uri mu muryango w’abarokokeye muri Kiliziya Gatolika ya Nyamata kuko yarokotse afite imyaka ine gusa, nubwo yasigaye ari impfubyi.

Yasoje agira ati “Ubutaka bwatunywereye amaraso y’abacu buzakwakire nshuti. Yari inshuti yawe, musaza wawe mukuru waguhaye izina ryawe rya kabiri.”

THREAD...
Ma sœur #Uwimbabazi Nadège⚘.

Il est Juin 1989, tante Alivera Mukabaranga est au terme de sa grossesse. En essayant de se rendre dans un hôpital pour y recevoir les soins d’un accouchement assisté, un groupe de gendarmes l’en empêche et ...(1/12)⚘ pic.twitter.com/wByBei6SLW

— Richard Mutabazi (@MutabaziRich) July 16, 2021

Umuyobozi w'Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yasezeye kuri mushiki we,Uwimbabazi Nadège wahitanwe na Covid-19



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)