Fuadi na Gicumbi baradusekeje cyane| Burya bose bavukiye mu Butaliyani| Uwo bakorana arabatunguye – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Fuadi Uwihanganye ndetse na Benjamin Gicumbi bakorera B&B Fm Umwez batunguwe numwe mu banyamakuru bakorana ariwe Elie Baryinyonza. Ibi byabereye mu kiganiro bagiranye na Yago Tv Show.

Muri iki kiganiro Fuadi na Gicumbi bateyemo urwenya rwinshi aho bavuze ko aba bombi bakomoka mu mijyi yo mu gihugu cy'Ubutaliyani. Gicumbi yavuze ko akomoka mu mujyi wa Monza ho mu Butaliyani naho Fuadi yavuze ko akomoka mu mujyi wa Venice. Aba bombi kandi bavuze ko bari bashyigikiye ikipe y'Ubutaliyani muri Euro 2020 yaje no kwegukanwa n'Ubutaliyani.

Fuadi na Gicumbi baje gutungurwa na Baryinyonza bakorana kuri B&B aho yabazaniye impano abashimira ko bamubaye hafi ndetse anabashimira uko bakorana mu kazi kabo ka buri munsi. Fuadi na Gicumbi bamushimiye cyane ndetse banamwifuriza gukomeza gutera imbere mu byo akora byose.

Fuadi na Gicumbi banyuzagamo bagatera urwenya

Gicumbi arimo guha inama mugenzi wabo Baryinyonza bakorana kuri B&B FM UMWEZI



Source : https://yegob.rw/fuadi-na-gicumbi-baradusekeje-cyane-burya-bose-bavukiye-mu-butaliyani-uwo-bakorana-arabatunguye/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)