APR FC yamaze gutiza Buteera Andrew #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ikipe ya APR FC yamaze gutiza umukinnyi wayo ukina mu kibuga hagati asatira, Buteera Andrew mu ikipe ya AS Kigali.

Buteera Andrew wari usigaje umwaka w'amasezerano muri APR FC, ntabwo yahiriwe n'umwaka ushize w'imikino kuko yagize imvune yatumye amara umwaka wose adakinnye.

Nyuma yo gukiruka imvune, ikipe ya APR FC ikaba yafashe umwanzuro wo kumutiza mu ikipe ya AS Kigali umwaka umwe yari asigaranye.

Bayingana akaba umuyobozi ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw'ikipe ya AS Kigali (Team Manager), yabwiye ISIMBI ko ayo makuru ari yo.

Ati"nibyo, ayo makuru niyo ariko twamutiye nk'uko mwabyumvise ntabwo yaguzwe."

Buteera Andrew yinjiye muri APR FC muri 2013, ni nyuma yo gutandukana na Proline FC yo muri Uganda, akaba yarageze mu Rwanda muri 2011 yitabiriye ubutumire bw'Amavubi atarengeje imyaka 11 yakinnye igikombe cy'Isi.

Buteera Andrew yamaze gutizwa muri AS Kigali



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yamaze-gutiza-buteera-andrew

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)