Ageze ku Kibuga cy'Indege, yururutse yakirwa na Minisitiri w'Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Sama Lukonde.
Ku kibuga cy'Indege aho yakiririwe, hari abaturage bari baje kumwakira bafite ibyapa byanditseho amagambo amuha ikaze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Hari kandi abantu bambaye imyambaro igaragaza ibyerekeye umuco muri kiriya gihugu ngo basanzwe baza kwakira abanyacyubahiro.
Ni abantu bamabye mu buryo budasanzwe aho imwe mu myambaro yabo igaragara nk'ikoze mu mpu z'inyamaswa.
Perezida Evariste Ndayisimiye wagiye mu ruzinduko rw'iminsi itatu muri DRC, biteganyijwe ko aganira na mugenzi we Tshisekedi mu biganiro byihariye aho baza kugaruka ku mibanire y'ibihu byabo byombi.
Ndayishimiye yagiye aherekejwe na bamwe mu bo muri Guverinoma ye barimo Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'imikoranire mu iterambere, Ambasaderi Albert Shingiro ndetse na Minisitiri w'Ingabo n'abahoze ari abasirikare, Tribert Mutabazi.
Perezida Ndayishimiye agiye muri DRC guhura na Felix Tshisekedi nyuma y'ibyumweru bitatu, umukuru wa DRC ahuye na Perezida Kagame Paul aba bakuru b'ibihugu byombi bakaba baragiriye uruzinduko mu bihugu byombi.
UBWO YAHAGURUKAGA MU BURUNDI
UKWEZI.RW