U Rwanda rwakiriye dose z’urukingo rwa Pfizer zirenga ibihumbi 100 -

webrwanda
0

Leta y’u Rwanda yashyikirijwe izi nkingo mu ijoro ryo ku wa 31 Gicurasi 2021. Izi nkingo zisanga izindi dose 247 za AstraZeneca u Rwanda rwahawe zirimo izigera 117 000 zabonetse ku bufatanye na Guverinoma y’u Bufaransa.

Ibikorwa byo gukingira COVID-19 mu Rwanda byasubukuwe ku wa 29 Gicurasi 2021, nyuma y’uko icyiciro cya mbere cy’inkingo igihugu cyari cyahawe cyarangiye hamaze gutangwa izigera ku 350 400. Uwo munsi warangiye abagera kuri 69 591 biganjemo abakuze n’abafite indwara zitandura bahawe dose ya kabiri.

Muri icyi cyiciro cya kabiri abari kwibandwaho ni abari barahawe dose ya mbere kandi bagejeje igihe cyo guhabwa iya kabiri, nubwo Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko gahunda yo gutanga inkingo izakomereza no kubatarabona dose n’imwe.

Gahunda yo gukingira COVID-19 iri gukorerwa ku bigo nderabuzima birenga 500 byo hirya no hino mu gihugu.

U Rwanda rwateganyije ko ibikorwa byo kugura inkingo no kuzikwirakwiza mu gihugu hose bizatwara miliyoni 120$ kandi bizaba byarangiye mbere y’uko umwaka utaha urangira. Ni mu gihe muri uyu mwaka, nibura uzarangira 30% by’Abanyarwanda bamaze gukingirwa.

Muri rusange, u Rwanda rubarwa nka kimwe mu bihugu byitwaye neza mu guhangana na COVID-19, kuko kugeza ubu abakingiwe ari 350 400. Mu Rwanda iki cyorezo kimaze guhitana abantu 353 mu gihe abasaga barenga ibihumbi 26 banduye.

U Rwanda rwahawe dose 100 600 z’urukingo rwa Pfizer
Izi nkingo zahise zijyanwa mu bubiko bwabugenewe
Zashyizwe mu byuma bizirinda kwangirika kugira ngo zizatangwe zujuje ubuziranenge



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)