Aba mbere bashyikirijwe inzu mu mudugudu w'icyitegererezo wa Kinigi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

webrwanda
0
Bamwe mu baturage beretswe inzu bazaturamo
Bamwe mu baturage beretswe inzu bazaturamo

Bimwe mu bigize izo nyubako ni amatafari ya Ruriba, ndetse n'amabuye y'amakoro abajwe mu makaro abereye ijisho, kuzamuka muri izo nyubako hakaba harateguwe inzira ebyiri zirimo n'igenewe abafite ubumuga.

Mu kiganiro Kigali Today yagiranye n'umuyobozi w'Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, avuga ko uwo mudugudu wiyongereye mu byiza nyaburanga bigize ako gace dore ko ba mukerarugendo bakagize nk'iwabo kubera amahumbezi aturuka mu birunga n'izo Ngagi zahogoje amahanga.

Ni umudugudu ugomba gutuzwamo imiryango 144
Ni umudugudu ugomba gutuzwamo imiryango 144

Meya Nuwumuremyi yagarutse ku mpamvu nyamukuru zo kubaka uwo mudugudu muri ako gace, agaragaza ko ako gace kari mu nkengero z'ibirunga hazwi cyane mu gukundwa na ba mukerarugendo, ngo ni yo mpamvu bakuye abaturage mu miturire y'akajagari babashyira mu miturire igezweho aho bamaze kwegerezwa ibikorwaremezo byemerera ako gace gufatwa nk'umujyi.

Yagize ati “Ni inzu zubakiwe abatuye hano mu Kinigi, mu rwego rwo kubatuza mu buryo bunoze kandi bugezweho, ubutaka bwacu by'umwihariko hano mu Kinigi burahenze kandi burera cyane, ntibikwiye ko tubukoresha mu kajagari. Abaturage bari batuye batatanye cyane ugasanga no kubagezaho ibikorwaremezo ntibyoroshye, ariko ubu murabona ko hano nta kihabuze, ni umujyi mu yindi”.

Arongera ati “Ni gahunda nziza ya Leta yo gutuza abantu uko bikwiye, ni yo mpamvu hafashwe icyemezo cyo gukura abaturage mu bwigunge, bubakirwa uyu mudugudu uteye amabengeza, aya mazu atandukanye n'uko twari dutuye aho byari akajagari, none batujwe mu mujyi nk'ahantu hafite umwihariko w'ubukerarugendo, ahari Pariki, ingagi zisurwa cyane, amahoteli mpuzamahanga n'ibindi. Uyu mudugudu uratuma aka gake ka Kinigi gatera imbere, ni inyongeragaciro ku bukerarugendo bubera muri aka gace”.

Aba ni bamwe mu baturage beretswe inzu bagomba guturamo
Aba ni bamwe mu baturage beretswe inzu bagomba guturamo

Ubwo Minisitiri Gatabazi yasuraga uwo mudugudu ku mugoroba wo ku itariki 27 Kamena 2021, yishimiye aho ibikorwa by'izo nyubako z'umudugudu bigeze, asaba ko ibisigaye bike bitarakorwa byakwihutishwa, abaturage bakitegura gutura mu nzu zabo.

Kuba itariki 28 Kamena 2021 zigeze abo baturage bose bataratuzwa muri ayo mazu, ni uko hari ibigitunganywa birimo amasuku, kugeza ibikoresho byose mu byumba byose n'ibindi birimo ibitanda na matola bikomeje kugezwamo uko bwije n'uko bukeye.

Meya Nuwumuremyi Jeannine yishimira ko umudugudu w
Meya Nuwumuremyi Jeannine yishimira ko umudugudu w'icyitegererezo wa Musanze wuzuye

Kugeza ubu, bamwe mu baturage bamaze kwerekwa inzu zabo, aho basanze ibyangombwa byose byamaze kugezwamo birimo ibitanda na matola bigizwe n'igitanda cy'ababyeyi, icy'abashyitsi, icyumba cy'abana kirimo igitanda kigeretse biryamwaho hasi no hejuru, n'icyumba cy'uruganiriro kirimo intebe, televisiyo nshya ya Startames ya pouse 32, n'akumba ko gutekeramo karimo gaz nshya, hakaba n'ahagenewe amashyiga asanzwe ya kijyambere yubatse ku buryo butimukanwa, ubwiherero bugezweho amazi n'ibindi.

Mu bindi byashimishije abahawe amazu ni intebe igezweho, yicarwamo byaba na ngombwa ikaramburwa igakorwamo uburiri, ikaba yakwifashishwa mu gihe bibaye ngombwa ko umuryango wakira abashyitsi benshi.

Ikindi cyatunguye abo baturage bagiye kwimurirwa muri izo nzu ni ukubwirwa ko buri muryango uzagenerwa telefoni igezweho (Smart phone), bavuga ko ubuzima bwabo bugiye guhinduka abari abanyacyaro bakaba babaye abanyamujyi.

Nk'uko Meya Nuwumuremyi yakomeje kubitangariza Kigali Today mu kiganiro kirambuye bagiranye ku bijyanye n'uwo mudugudu, ngo izo nzu uko ari 144 zirutana mu byiciro bibiri, aho hari izihagaze agaciro ka miliyoni 40 z'amafaranga y'u Rwanda kuri buri nzu harimo n'ibiyigize, hakaba n'indi yisumbuyeho ifite agaciro ka miliyoni 50.

Mu rwego rwo gufasha abaturage kumenya gukoresha neza ibyo bikoresho birimo gaz, ubwiherero, gutegura amafunguro agezweho, isuku n'ibindi, ngo Akarere ka Musanze kageneye amahugurwa abaturage bazatuzwa muri izo nzu, aho urugero uwakoreshaga ubwiherero busanzwe yisukuza ibyatsi, ibyo byajyanye n'amateka kuko bagiye kujya bakoresha ubwiherero bugezweho busaba isuku y'amazi.

Uretse izo nyubako abaturage bazatuzwamo, muri uwo mudugudu haragaragara n'ibindi bikorwa remezo birimo agakiriro kamaze kuzura, kagiye gufasha imyuga inyuranye irimo ububaji, gusudira, ubudozi ndetse n'abakora ubukorikorin bujyanye n'ubukerarugendo, havugururwa n'ikigo nderabuzima cy'icyitegererezo kizajya gitanga serivise z'ibitaro zirimo kuvura amenyo n'izindi ndwara, aho ibikoresho bya ngombwa byose byamaze kuboneka.

Muri uwo mudugudu hubatswe kandi n'inzu zizororerwamo inkoko zigera ku bihumbi umunani, mu rwego rwo gufasha abazatura muri uwo mudugudu kubona indyo yuzuye, ndetse hagenwa n'aho amatungo yabo basanzwe boroye arimo inka n'ihene azororerwa, ku buryo usanzwe afite itungo yemerewe kuryimukana mu mudugudu.

Muri uwo mudugudu kandi, hari n'amashuri anyuranye arimo ay'incuke, abanza n'ayisumbuye, ubuyobozi bw'Akarere ka Musanze bwishimira ko ishuri rya Kampanga ryamaze kongererwa agaciro bitewe n'uwo mudugudu nk'uko Meya Nuwumuremyi abivuga.

Agira ati “Dufite GS Kampanga, ni ishuri dusanganwe ariko ryongerewe agaciro mu buryo bugaragarira buri wese, dufite ibyo bita Smart Classroom itarahigeze, harimo ikoranabuhanga muri ibyo byumba, hari Laboratwari zinyuranye, abana bubakiwe igikoni kigezweho n'aho bafungurira, bubakirwa ibibuga by'imikino birimo Football, ibibuga bya Volleyball, ibya basket. Mu by'ukuri ni ikigo cy'ishuri cyavuguruwe mu buryo bukomeye”.

Uwo muyobozi kandi yagarutse ku mihanda ya kaburimbo yerekeza muri uwo mudugudu yamaze kuzura n'iri ku musozo ati “Imihanda yo mu mudugudu murabona ko yarangiye, uva muri santere ya Kinigi murabona ko wamaze gushyirwamo kaburimbo, mu gihe uva kuri INES-Ruhengeri ugatunguka muri uyu mudugudu na wo uri gutsindagirwa aho mu minsi mike uwo muhanda wa kaburimbo turaba tuwugendamo, hakaba n'uva hano mu mudugudu ugera Rushubi, na wo uri hafi kuzura, iyo mihanda ya kaburimbo tuyungukiye muri iki gikorwa cyo kubaka uyu mudugu”.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)