Ibiro by'Umukuru w'Igihugu byatangaje ko abo bayobozi yabakiriye kuri uyu wa Kane tariki 13 Gicurasi 2021, ariko ntibyatangaje ibyo baganiriyeho.
Uruzinduko rwa Dr John Nkengasong mu Rwanda rwabaye mu gihe Afurika yugarijwe n'ibibazo byo guhangana na COVID-19 aho kugeza ubu kubona inkingo bikiyigoye, ndetse hakaba hatangiye kugaragara ubwandu bw'ubwoko bwabonetse mu Buhinde bikekwa ko ari bwo buri kuhoreka imbaga.
Perezida Kagame ni umwe mu bakuru b'ibihugu bakomeje kugaruka kenshi ku mbogamizi Afurika ihura nazo mu guhashya Coronavirus, aho yasabye ko hakwigwa no ku buryo inkingo zatangira gukorerwa mu bihugu byayo kugira ngo izibone bitagoranye.
U Rwanda rwo ubu ruri mu biganiro n'abakora inkingo ngo harebwe uko zatangira gukorerwa mu gihugu nk'uko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse, aheruka kubitangariza RBA.
Urugendo rwa Dr Senait Fisseha uhagarariye Susan Thompson Buffet Foundation ku Isi narwo rubaye nyuma y'uko muri Kanama 2020 uwo muryango wari wasinyanye n'u Rwanda amasezerano yo kuhashyira icyicaro cyawo muri Afurika.
Uwo muryango udaharanira inyungu usibye gufasha abanyeshuri bo muri Leta ya Nebraska mu myigire, usanzwe unashyigikira ibikorwa bigamije iterambere ry'abagore.