Nyanza: Umugabo yuriye ipoto ashaka kwiyahura ngo umugore yamwanze - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Gicurasi 2021 mu Mudugudu wa Jarama mu Kagari ka Kirambi aho basanzwe batuye.

Uwo mugabo w'imyaka 24 y'amavuko yuriye ipoto y'amashanyarazi nyuma yo kubona ko umugore we atwawe n'undi mugabo ntiyamenya aho amujyanye. Uwo mugore yaje kugaruka ku mugoroba.

Hari amakuru avuga ko uwo mugabo yamenye ko uwo mugore babana yari asanzwe amuca inyuma ananirwa kubyakira, akaba ari yo mpamvu yari yahisemo kwiyahura.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyagisozi, Habineza Jean Baptiste, yabwiye IGIHE ko uwo mugabo yabonywe n'abaturage baramutabara kuko yari yamaze kurira ipoto agiye gusimbuka ngo yiture hasi apfe.

Ati 'Yuriye ipoto ashaka kwiyahura atabarwa n'abaturage bamubonye bari aho hafi.'

Ubwo yamanukaga kuri iyo poto icyuma cyamwishe ku kaguru arakomereka byoroheje ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Kirambi.

Gitifu yavuze ko batari basanzwe bazi ko uwo muryango urangwamo amakimbirane, ariko bagiye kurushaho kuwegera kugira ngo bawufashe gukemura ibibazo bihari.

Yasabye abaturage by'umwihariko abashakanye n'abandi babana, kwirinda guhisha amakimbirane bafitanye, abagirana inama yo kujya biyambaza 'Inshuti z'Umuryango' cyangwa ubuyobozi bwite bwa Leta hakiri kare.

Uwo mugore amaranye amezi agera kuri atandatu n'uwo mugabo wari ugiye kwiyahura. Nta mwana n'umwe barabyarana ariko uwo mugore asanzwe afite umwana.

Ibiro by'Umurenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza

[email protected]




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-umugabo-yuriye-ipoto-ashaka-kwiyahura-ngo-umugore-yamwanze

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)