Aba bantu 33 berekanywe na Polisi y'u Rwanda ikorera muri kariya Karere ka Musanze kuri iki Cyumweru tariki 09 Gicurasi 2021.
Aba bantu bafatiwe muri resitora ndetse na Hoteli bahahinduye utubari kuko bahanyweraga inzoga ndetse hari n'abarengeje umubare w'abagomba kuba bahari.
Muhawenimana Jeannette usanzwe ari umugore wa Danny Vumbi, akaba ahagarariye Musanze Caves Hotel yafatiwemo bamwe muri abo bantu, yiyemerera ko bagize uburangare bwatumye bagwa muri ayo makosa.
Avuga ko bakiriye abantu batipimishije COVID-19. Ati 'Ni uburangare twagize, bunadusigiye isomo rikomeye. Tugiye kwikosora mu buryo budasubirwaho, ndetse twitwararike amabwiriza yose areba urwego rw'amahoteli, cyane cyane muri ibi bihe turimo byo kwirinda icyorezo Covid-19.'
Iyi Hoteli ya Danny Vumbi n'umuryango we, ni na yo iherutse kuberamo igikorwa cyo gutungura umugore we wari wagize isabukuru y'amavuko ubwo Danny Vumbi yamutunguraga ari kumwe n'umuhanzi Bruce Melodie.
Umuyobozi w'Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine avuga ko muri kariya Karere bagomba kubahiriza ingamba zo kwirinda kuko gasanzwe kagendererwa cyane kubera ubukerarugendo ku buryo batirinze bashobora guha icyuho iki cyorezo.
Yagize ati 'Tudafashe ingamba zihamye zituma iki cyorezo tugikumira hakiri kare, bishobora kudushyira mu kaga ko kucyanduzanya byihuse. Ni yo mpamvu tutazigera tureberera ababirengaho uko bishakiye. Ni naho duhera dukangurira abantu bose gushyiraho akabo, bakagendera mu murongo igihugu cyagennye wo gukumira ingaruka za Covid-19 amazi atararenga inkombe.'
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda CP John Bosco Kabera yibukije abanyamahoteri ko bakwiye kwitwararika amabwiriza agenga uru rwego.
Yagize ati 'Kumva ko wafungura Hoteli ukahakirira abantu barenze umubare wemewe, cyangwa wafungura resitora ukaba wacuruza inzoga, ukayihindura akabari, ntabwo byemewe. Kuba resitora na café zacyira abangana na 50% by'ubushobozi bwazo muri iki gihe, bavuye kuri 30% mu gihe gishize, ntabwo bivuze ko abantu barenga ku mabwiriza ngo bacuruze akabari'.
Bariya bantu 33 bafashwe, bahise bajyanwa kuri station ya Polisi ya Muhoza, bakibutswa amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ubundi bagacibwa amande bakapimwa iki cyorezo biyishyuriye.
UKWEZI.RW