Abakuru b'Ibihugu benshi bitabiriye uyu muhango, baraye basesekaye muri Uganda aho baraye banagiranye umusangiro na Perezida Museveni wabereye ahitwa Munyonyo mu mujyi muto ariko utuwe n'abifite.
Mu bakuru b'Ibihugu baraye bageze muri Uganda, barimo Perezida w' u Burundi Evariste Ndayishimiye wagiye mu ndege ya Uganda Airlines.
Perezida Salva Kiir wa Sudani y'Epfo wageze i Entebbe ari mu ndege ya RwandAir isanzwe ari sosiyeye y'u Rwanda mu by'ingendo zo mu kirere.
Uyu muhango kandi witabiriwe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.
Barimo kandi Perezida wa Somalia, Mohamed Abdullahi Mohamed uzwi nka Farmaajo, Emmerson Mnangagwa uyobora Zimbabwe, Alpha Conde wa Guinea na Hage Gottfried Geingob wa Namibia.
Ambasade y'u Rwanda muri Uganda na yo yatangaje ko Prof Nshuti Manasseh usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane ushinzwe ibikorwa by'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba na we yageze muri Uganda akaba ahagarariye Perezida Paul Kagame w'u Rwanda.
Ibinyamakuru byo muri Uganda byari bimaze iminsi bivuga ko Perezida Kagame azitabira uriya muhango w'irahira rya Museveni.
Habura amasaha macye ngo umuhango w'irahira rya Museveni ube, igisirikare cya Uganda cyagose ingo za bamwe mu batavuga rumwe n'ubutegetsi bwe barimo Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine watsinzwe na Museveni mu matora.
- Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa DRC
- Alpha Condé wa Guinea
- Mohamed Abdullahi Farmaajo wa Somalia
- Nana Akufo-Addo wa Ghana
UKWEZI.RW