IGIHE yahembwe nk’igitangazamakuru gikunzwe gikorera kuri internet ku nshuro ya Gatanu yikurikiranya (Video) -

webrwanda
0

Ibi bihembo byatangiye gutangwa mu 2012, ariko icyiciro cy’igitangazamakuru gikunzwe gikorera kuri internet ni ubwa Gatanu gitanzwe (inshuro ya mbere yari mu 2016), ku nshuro zose iki gihembo cyegukanywe na IGIHE.

IGIHE itangaza inkuru mu ndimi eshatu arizo Ikinyarwnada, Icyongereza n’Igifaransa binyuze ku rubuga rwa Internet. Ni urubuga rumaze iyi myaka yose ari rwo rusurwa kurenza izindi zose mu zikorera mu Rwanda.

Ibihembo bya ‘Rwanda Development Journalism Awards’ byatanzwe ku nshuro ya munani n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB.

Umuhango wo gutanga ibi bihembo wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga rya Televiziyo y’u Rwanda, TV1 ndetse na shene ya YouTube ya IGIHE, kuri uyu wa Mbere tariki 3 Gicurasi 2021, uhuzwa n’ibirori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ubwisanzure bw’Itangazamakuru.

Inkuru zahembwe ni izigaragaza ubunyamwuga mu mikorere n’imyubakire yazo aho hagiye harebwa niba hari icyo ishobora kumarira abayisoma, abayumva kuri radio cyangwa abayireba kuri televiziyo.

Harebwaga ubunyamwuga, uko yanditswe cyangwa uyisoma uburyo agenda akurikiranya ibyo avuga. Ikindi cyarebwe ni ukuba inkuru ifata impande zombi, harebwe niba inkuru umuntu yatanze yarakoze ubushakashatsi agatanga imibare cyangwa ibindi bimenyetso byerekana ko ibyo avuga hari ahandi abigereranya.

Indi ngingo yashingiweho ni ukureba niba iyo nkuru hari icyo yakwigisha abantu. Niba abayisoma cyangwa abayireba hari icyo yabahinduraho.

Mbanda Gerald wari ukuriye Akanama Nkemurampaka yavuze ko mu byo babonye ubwo bagenzuraga izo nkuru harimo kuba inkuru za Radio na Televiziyo zaragaragaje cyane ubunyamwuga kurenza izikorera kuri murandasi.

Mu nkuru zapiganwe, abatsinze 67% ni abagabo naho 33% ni abagore. Inkuru zatsinze 80% zakozwe na Radio na Televiziyo mu gihe 20% ari iz’ibitangazamakuru byandika kuri Internet.

Ibihembo byatanzwe mu byiciro bitandukanye

- Documentaire ihiga izindi ya Radio cyangwa Televiziyo

Twibanire Theogene/ Radio Rusizi

- Inkuru y’umwimerere (Feature Story Award - Online/ Print)

Rwanyange Rene Anthere/Panorama

- Inkuru ivuga ku bumwe n’ubwiyunge (Unity and Reconciliation Reporting Award)

Muragijemariya Juventine/TV10

- Inkuru ivuga ku bucuruzi (Business Reporting Award)

Mutuyimana Servilien /Kigali Today

- Inkuru ivuga ku buzima bwo mu cyaro (Grassroots Reporting Award)

Kwizera John Patrick/RBA

- Inkuru ivuga ku kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV and Child Abuse Reporting)

Ndayishimiye Thierryve / Isango Star

- Inkuru ivuga ku buzima (Health Reporting Award)

Uwayo Divin/RBA

- Radio y’Abaturage yahize izindi (Community Radio Show of the Year)

Bizimana Desire/Radio Ishingiro

- Inkuru ivuga ku mazi, isuku n’isukura (Water and Sanitation Reporting)

Alinatwe Josue/RBA

- Kurwanya inda ziterwa abangavu (Fighting Teenage Pregnancy)

Lydia Atieno Barasa /The New Times

- Inkuru ivuga ku guteza imbere imitangire ya serivisi (Service Delivery Promotion Award)

Mbonyumugenzi Jean Bosco

- Ifoto yahize izindi

Muzogeye Plaisir/ Kigali Today

- Inkuru icukumbuye (Investigative Reporting Award)

Dushimimana Ngabo Emmanuel/Radio Isangano

- Ikiganiro cya Radio (Radio Talk Show)

Ubyumva Ute/KT Radio

- Inkuru zivuga ku ngufu z’amashanyarazi (Energy Reporting Award)

Kalinda Jean Claude

- Umunyamakuru uhiga abandi mu mikino

Habarugira Patrick/RBA

- Inkuru iteza imbere uburinganire [Gender Promotion Award (with Focus on Girls)]

Umurerwa Evelyne/RBA

- Ikiganiro cya Televiziyo gihiga ibindi (TV Talk-show of the Year Award)

Urubuga rw’Itangazamakuru / Isango Star

Mu bindi byiciro by’ibihembo byatanzwe harimo Radio Rwanda na Televiziyo Rwanda zahize ibindi bitangazamakuru nk’izikunzwe mu gihe Kiss FM na TV1 zaje zikurikira ibitangazamakuru bya RBA ndetse na INYARWANDA yaje ku mwanya wa kabiri nk’igitangazamakuru gikorera kuri Internet.

Hanatanzwe kandi igihembo cy’inkuru y’umwaka yakozwe n’umugore yahize izindi zose aho cyegukanywe na Muragijemariya Juventine mu gihe Uwayo Divin ariwe wegukanye iki gihembo mu cyiciro cy’abagabo.

Ni mu gihe uwahawe igihembo cy’Umunyamakuru w’ibihe byose ari nyakwigendera Victoria Nganyira wakoreraga Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, akaba yaramenyekanye mu biganiro bitandukanye birimo icyitwa Bana Tuganire na Wari Uzi Ko.

Mu 2019, ubwo ibi bihembo byaherukaga gutangwa, IGIHE nabwo yegukanye igihembo nk'igitangazamakuru gikunzwe mu Rwanda. Aha Umuyobozi muri IGIHE Ushinzwe ibikorwa by'Ubucuruzi, Yvonne Mutoni, yashyikirizwaga igihembo



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)