Kuri stadte ya Huye, Ikipe y'ingabo z'igihugu APR FC yakinaga umukino wayo w'umunsi wa kane wa shampiyona na Bugesera FC, iyitsinda ibitego bibiri kuri kimwe, amakipe yombi abarizwa mu itsinda A.
APR FC iri mu makipe ahabwa amahirwe muri iyi mikino iri gukinwa mu matsinda, ntiratsindwa umukino, uyu munsi ikaba yongeye gutsindagira umwanya wo kuyobora muri iri tsinda ikaba ifite amanita 12 kuri 12.
Ni umukino kandi ukinwe nyuma y'iminsi ibiri nubundi iyi kipe ya APR FC itsinze Bugesera FC ibitego 3-0.
Ibi bitego bibiri ku kimwe yatsinze Bugesera FC mu mukino wa Kane, byatsinzwe na Bizimana Yannick ku munota wa 18â² ikindi gitsindwa na Manzi Thierry ku munota wa 73â² mu gihe igitego kimwe cya Bugesera FC cyatsinzwe na Ntwali Jacques ku munota wa 55â².
Mu itsinda B, ikipe ya Rayon Sports yakinaga na Rutsiro FC kuri stade Amahoro, umukino warangiye amakipe anganya 1-1.
Rayon Sport yafunguye amazamu muri uyu mukino ku giteho cyatsinzwe na Luvumbu Heritier wabonye igitego ku munota wa 25 w'umukino mu gihe Rutsiro yabonye igitego cya Penaliti yabonetse ku munota wa 87.
Mu yindi mikino yabaye uyu munsi, mu itsinda B, Kiyovu Sports yatsinze 4-1 Gasogi United yabonye ikarita y'umutuku.
Naho mu itsinda A ririmo APR, AS Muhanga yanganyije 1-1 Gorilla FC.
UKWEZI.RW