U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyoni 30$ azakoreshwa muri gahunda y'ikingira rya Covid-19 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Gahunda y'ikingira izatwara miliyoni 120$ muri rusange, ariko mu cyiciro cya mbere cyayo, miliyoni 47$ nizo zikenewe kugira ngo nibura 30% by'Abanyarwanda bazabe bahawe urukingo bitarenze uyu mwaka.

Umuyobozi wa Banki y'Isi mu Rwanda, Rolande Pryce, yavuze ko "Banki y'Isi ishimishijwe no gutera inkunga u Rwanda mu gikorwa kitoroshye cyo gukingira 60% by'Abanyarwanda bitarenze umwaka wa 2022".

Yongeyeho ati "Ibikorwa byo gukingira ni ingenzi cyane mu kurengera ubuzima no gufungura ibikorwa by'ubukungu mu buryo bwagutse, ibizasubiza igihugu mu buzima busanzwe n'umurongo w'iterambere cyahozemo. Dutewe ishema no kugira uruhare muri uwo mugambi".

Iyi nguzanyo yujuje miliyoni 45$ mu mafaranga Banki y'Isi imaze guha u Rwanda mu kurwanya icyorezo cya Covid-19.

Byitezwe ko mu bindi aya mafaranga azakoreshwa harimo kongera ubushobozi bw'ibitaro byo mu Rwanda mu buvuzi bwongerera umurwayi umwuka wa Oxygène, gusuzuma abafite indwara zidakira n'ibindi.

U Rwanda rumaze gutanga inkingo 348 629, muri iyi minsi abahawe urukingo rwa Pfizer barimo guterwa urwa kabiri, mu gihe abahawe urwa AstraZeneca bazategereza nyuma y'amezi atatu, bakabona guterwa urwa kabiri.

U Rwanda rufite intego yo gukingira 60% by'Abanyarwanda bitarenze umwaka utaha



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwemerewe-inguzanyo-ya-miliyoni-30-azakoreshwa-muri-gahunda-y-ikingira

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)