Umuhanzikazi nyarwanda Queen Cha na Aristide Gahunzire wari ushinzwe abahanzi muri The Mane Music bamaze gutandukana n'iyi nzu itunganya umuziki.
Mu itangazo uyu muhanzikazi yasohoye, Queen Cha yavuze ko yamaze gusesa amasezerano n'iyi nzu itunganya umuziki yagiyemo muri 2018.
Yashimiye The Mane uburyo yamufashije mu bikorwa bya muzika mu myaka 3 itambutse ariko bakaba bahisemo gutandukana uyu munsi tariki ya 19 Mata 2021.
Uretse uyu muhanzikazi na Aristide Gahunzire wari ushinzwe abahanzi muri The Mane na we yamaze gusezera ku mirimo ye.
Nyuma y'uko Queen Cha asezeye muri The Mane iyi nzu itunganya umuziki isigaranye abahanzi 2 ari bo Marina na Calvin Mbanda.
Queen Cha abaye umuhanzi wa 3 utandukanye na The Mane nyuma ya Safi Madiba na Jay Polly.