Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Mata 2021, umukinnyi wo gusiganwa ku maguru mu ikipe ya Nyirangarama Athletic Club, Myasiro Jean Marie Vianney yasezeranye imbere y' amategeko n'umukunzi we Niyomufasha Jose.
Ku wa Kane nibwo Myasiro yari yashinze ivi hasi asaba Josée ko yazamubera umugore ubundi amwambika impeta ya fiançailles, ni nyuma y'amezi 5 bakundana.
Uyu munsi bakaba basezeranye imbere y'amategeko mu murenge wa Cyungo mu karere ka Rulindo, ubukwe nyirizina bukazaba tariki ya 28 Kamena 2021.
Uyu muhango ukaba witabiriwe n'umwe mu bakinnyi ba filime bakomeye mu Rwanda, Uwihoreye Moustapha uzwi nka Ndimbati.
AMAFOTO: Yves UTUJE / ISIMBI.RW
Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/ndimbati-mu-bitabiriye-ubukwe-bwa-myasiro-amafoto