Huye: Abiga imyuga beretswe ibyo bashobora gukora bikabarinda ubushomeri basoje amasomo -

webrwanda
0

Ni igikorwa iryo huriro ryakoze risanze abo banyeshuri aho biga mu bigo birimo Don Bosco Rango TVET School; VTC Rwabuye na Koperative ya ‘Kora’ ikorera mu Rwabayanga.

Iryo huriro ryatangijwe mu Ukwakira 2020 rifite intego yo kunga ubumwe hagati y’abafatanyabikorwa b’akarere mu gusaranganya amahirwe ahari yateza imbere urubyiruko harandurwa ikibazo cy’ubushomeri.

Umuyobozi wa YDA mu Karere ka Huye, Kayisire Pauline, yavuze ko basuye ibyo bigo mu rwego rwo kumenyekanisha iryo huriro.

Yakomeje avuga ko kandi rigiye gufasha urubyiruko kumenya amahirwe ari mu karere no kurushyigikira mu bikorwa by’iterambere.

Yagize ati “Iyi mikoranire n’abafatanyabikorwa igiye kudufasha guhuza amakuru, gukurikirana no gusangiza amahirwe urubyiruko.’’

Yakanguriye abafatanyabikorwa bafite gahunda zunganira urubyiruko bagana Akarere ka Huye no kwegera YDA mu rwego rwo kunoza ibikorwa byabo.

Bamwe mu rubyiruko baganirijwe bavuze ko bari bafite impungenge ko nibarangiza kwiga bazabura icyo bakora bagakomeza kuba abashomeri, ariko ibiganiro bahawe bibongereye icyizere no kwiga bashyizeho umwete.

Hasuwe umwe mu rubyiruko wahuguwe witwa Ntawuhiganayo Nicodeme witinyutse, agatangira gucuruza ahereye ku bihumbi 10 Frw ariko ubu akaba ageze ku bushobozi bwo kubona inyungu y’amafaranga 3000 Frw ku munsi.

Yagize ati “Inama nabagira ni ukwirinda ubunebwe, gukura amaboko mu mufuka kandi ntidutinye akazi.’’

Uwitwa Byiringiro François ukorera ububaji muri Koperative Kora, yavuze ko nyuma yo guhabwa amahugurwa, kuri ubu yatangiye kubona inyungu.

Kayitare Léon Pierre, umukozi w’Akarere ka Huye ushinzwe Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu Iterambere yavuze ko YDA ari ingenzi kuko ije gufasha urubyiruko rw’aka karere.

Ati “Ibyo twiteze kuri aba bafatanyabikorwa ni ugushyira hamwe tukareba amahirwe ahari, tugafatanya gutanga amakuru ku rubyiruko rutayafite, cyane cyane urubyiruko rutuye mu byaro.”

“Twiteze ko ubufatanye tuzagirana buzatuma amahirwe tubasha kuyasaranganya ndetse tukabasha gufasha urubyiruko.”

Kugeza ubu YDA mu Karere ka Huye imaze kugira abafatanyabikorwa bagera kuri 32 ikaba ifite intego yo kuzazenguruka akarere kose imenyekanisha ibikorwa byayo.

Basuye urubyiruko rwiga imyuga itandukanye
Kugeza ubu YDA mu Karere ka Huye imaze kugira abafatanyabikorwa bagera kuri 32 ikaba ifite intego yo kuzazenguruka akarere kose imenyekanisha ibikorwa byayo
Ni igikorwa iryo huriro ryakoze risanze abo banyeshuri aho biga mu bigo n'aho bakorera hanze
Urubyiruko rwiga imyuga rwaganirijwe rusabwa kwigana umwete

[email protected]




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)